Ubukwe bwa Ben Adolphe na Jolie Queen bwabereye muri Canada aho uyu muhanzi amaze imyaka ibiri yimukiye.
Mu kiganiro na IGIHE, Ben Adolphe yavuze ko umugore we bari basanzwe baziranye nyuma baza kwimukira muri Canada mu gihe kimwe bakomeza kuvugana ari nabwo ubushuti bwabo bwashibutsemo urukundo.
Ati “Tumaranye imyaka ibiri hano kuko twaje mu bihe bimwe, twari tuziranye turi inshuti bisanzwe biza kurangira hajemo urukundo. Ni umukobwa twakundaniye hano muri Canada.”
Ben Adolphe ni umwe mu bahanzi bize mu ishuri ry’u Rwanda ry’umuziki icyakora nyuma y’igihe agerageza gukora cyane mu 2024 yaje gutungurana yimukira muri Canada aho asigaye atuye kugeza uyu munsi.
Uretse ‘Aba-Ex’ yakoranye na Platini igakundwa cyane, Ben Adolphe yakoze izindi ndirimbo zirimo; Rimwe, Jiji yakoranye na Papa Cyangwe, Nkawe n’izindi zinyuranye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!