Riderman ni umwe mu bitwaga iryo zina, kuko yaririmbaga injyana nyinshi. Mu kiganiro IGIHE Sports Club, uyu muhanzi yavuze ko ababitaga iryo zina, ubu babagarukiye na bo basigaye bazikora ku bwinshi.
Ati “Byanshyiragaho icyo gitutu mu by’ukuri ariko kubera ko nari nzi icyo nshaka ntacyo byabaga bimbwiye. Nari nzi icyo nshaka, ngamije kandi n’izi njyana bavugaga rimwe na rimwe nazikoraga neza no kubarusha.”
Yakomeje agaragaza ko ababitaga utyo, ubu babagarukiye na bo basigaye bakora injyana zitandukanye.
Ati “Icyo gitutu gishobora kubaho ariko nkavuga nti umurongo ndimo ndawuzi, nkirinda guterana amagambo na bo, ahubwo nkarushaho gukora, kandi umurongo nahisemo, uyu munsi bose bageze aho babona ko ariwo wari ukwiye, baratugarukira, bamwe izo afrobeats barazikora kurusha n’ikindi gihe, bigaragara ko nari mu kuri kuva icyo gihe.”
Abajijwe niba icyo gitutu kitarigeze gituma atekereza guhinduka, Riderman yahakanye yivuye inyuma.
Ati “Oya. N’uyu munsi kuri album zanjye uzasangaho indirimbo z’injyana zitandukanye. Iyo bavugaga gutyo ahubwo banteraga imbaraga zo gukora indi reggae y’umuriro kuko nari nzi icyo ngamije ku giti cyanjye.”
Riderman ni umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki w’u Rwanda cyane mu njyana ya Rap amazemo imyaka 20, aho muri uyu mwaka ateganya kuzakora igitaramo cyo kwizihiza ibyo bigwi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!