00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bagenzi Bernard yinjiye muri sinema

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 4 Gashyantare 2023 saa 09:29
Yasuwe :

Bagenzi Bernard usanzwe umenyerewe mu gutunganya amashusho y’indirimbo yinjiye muri sinema nyarwanda atangirana umushinga wa filime y’uruhererekane yise ‘The Two of Us’.

Ni filime uyu musore yinjiranye mu ruganda rwa sinema nyuma y’imyaka irenga 14 agaragara mu gukora no gutunganya amashusho y’indirimbo, muri sosiyete ye yise ‘Incridible Records’.

‘The Two of Us’ ni filime igaruka ku mibanire y’abashakanye muri iki gihe, aho umugore n’umugabo bashwana bapfuye ibintu bitumvikana nko gukoresha telefone cyane, kwirirwa ku mbuga nkoranyambaga n’ibindi.

Igaragaramo ibyamamare muri sinema nyarwanda nka Mutako Sonia wamenyekanye muri filime yitwa ‘Indoto’, Mugisha Patrick n’abandi.

‘The two of us’ ni filime yanditswe igatunganywa na Bagenzi Bernard ku bufatanye na sosiyete ya Zacu Entertainment yashoyemo amafaranga.

Iyi filime izatangira guca kuri shene ya Zacu Tv kuri canal +, ku itariki 6 Gashyantare 2023.

Bagenzi Bernard ni umwe mu bafite izina rikomeye mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, indirimbo aheruka gukorera amashusho yayo ni ‘Truth or Dare’ ya Davis D na Big Fizzo w’i Burundi.

Bagenzi Bernard umenyerewe mu gutunganya indirimbo z’abahanzi yaba mu buryo bw’amajwi n’amashusho, yinjiye muri sinema

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .