00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

B Threy yakebuye ab’ibyamamare bigira ntibindeba ku bibazo by’igihugu (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 February 2025 saa 02:30
Yasuwe :

B Threy yakanguriye urubyiruko, by’umwihariko ab’ibyamamare, kutajya bigira ba ntibindeba mu bibazo by’igihugu, abibutsa ko nk’abantu bafite ijwi rigera kure n’ababakurikira benshi, ari bo bakabaye bafata iya mbere mu kukivugira mu gihe gikeneye ijwi ryabo.

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, by’umwihariko akaba yitsaga ku buryo amaze iminsi abona abanyamahanga bibasira u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga ariko ugasanga benshi mu rubyiruko bafite n’ukuri kw’ibyo kuvuga, bahisemo kuruca bakarumira.

Ku rundi ruhande, B Threy ahamya ko mu by’ukuri kugira ngo urubyiruko, by’umwihariko ibyamamare, bisange muri gahunda zo kuvuganira igihugu mu gihe kibakeneye, hakwiye kubaho ubukangurambaga bubibutsa ko ari inshingano zabo.

Ati “Ni byiza ko urubyiruko dufata iya mbere tugashyigikira igihugu cyacu, niba abantu batugabyeho intambara y’amagambo ku mbuga nkoranyambaga […] urwo rugamba ruba rureba buri wese atari ba bandi gusa barinda umutekano w’igihugu n’ubusugire, aho ni ho haba hakenewe umusanzu wa buri muntu uvuga rikijyana muri sosiyete.”

Uyu muraperi yagaragaje ko bibaye na ngombwa hategurwa ubukangurambaga bwo kwibutsa urubyiruko n’ibyamamare by’umwihariko ko ari bo bakwiye gufata iya mbere mu gihe igihugu kigabweho ibitero by’amagambo agiharabika ku mbuga nkoranyambaga.

Iby’ubu bukangurambaga yabigarutseho ubwo yavugaga ko ikibazo gikunze kubaho ari uko usanga benshi mu rubyiruko bibwira ko hari ababa barateguwe bo kuvugira igihugu, bityo bakibeshya ko bitabareba.

B Threy yakanguriye ibyamamare kutigira ba nyirantibindeba ku bibazo by'Igihugu
B Threy aherutse gusohora indirimbo 'Dore Intwari' isingiza ibigwi by'Intwari z'u Rwanda
B Threy yemeje ko hakwiye kujya habaho n'ubukangurambaga bwo kwibutsa urubyiruko ko ibibazo by'igihugu birureba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .