00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Australie: Richard Ngendahayo agiye gukorana ibitaramo bitatu na Adrien Misigaro

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 July 2026 saa 07:17
Yasuwe :

Abahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, Richard Nick Ngendahayo na Adrien Misigaro bagiye guhurira mu bitaramo bitatu bagiye gukorera muri Australie.

Igitaramo cya mbere aba bahanzi bazahuriramo kizabera mu Mujyi wa Brisbane ku wa 12 Nzeri 2026 bakurikizeho ikizabera i Melbourne ku wa 19 Nzeri 2026 basoreze ibitaramo byabo i Sydney ku wa 26 Nzeri 2026.

Nadine Shema, uri gutegura ibi bitaramo afatanyije n’umugabo we muri sosiyete ’Millennium Investment &Consulting’ yabwiye IGIHE ko ari igitekerezo bise "African Gospel Echoes" kikaba kigamije uhuza Abanyafurika n’inshuti zabo binyuze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Richard Ngendahayo utegerejwe muri ibi bitaramo, azabivamo atangira imyiteguro y’icyo agomba gukorera mu Rwanda mu Ugushyingo 2026.

Ni umuhanzi wamamaye mu ndirimbo nka "Yambaye Icyubahiro", "Mbwira Ibyo Ushaka", "Ibuka", "Gusimba Umwonga", "Si Umuhemu", "Ijwi Rinyongorera", "Sinzakwitesha", "Wemere Ngushime" n’izindi nyinshi.

Umwaka ushize Richard Nick Ngendahayo yakoreye igitaramo cy’amateka muri BK Arena, aho yataramiye ku nshuro ye ya mbere ariko hagakubita hakuzura.

Adrien Misigaro uzafatanya na Richard Nick Ngendahayo azwi cyane mu ndirimbo nka "Ntacyo Nzaba", "Niyo Ndirimbo", "Nkwite Nde", "Nkurikira" na "Buri Munsi" ndetse yanakoranye n’abahanzi bakomeye barimo Meddy, The Ben, Israel Mbonyi na Gentil Misigaro.

Adrien Misigaro na Richard Nick Ngendahayo bagiye guhurira mu bitaramo bitatu bizabera muri Australie
Adrien Misigaro aheruka gutaramira mu Rwanda mu 2022
Richard Nick Ngendahayo we aheruka gutaramira i Kigali mu 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages