Ibi yabivuze ubwo The Ben yahamagaraga Pamella kuri telefone kugira ngo asuhuze abashyitsi bari mu rugo rwabo.
Mu kiganiro bagiranye, The Ben yabwiye umugore we ko "yahombye" kuko atabashije kubonana na Ashton Hall. Mbere y’uko asoza kubimubwira, Ashton Hall yahise amuca mu ijambo, amusezeranya ko mezi atandatu azongera kubasura.
Yagize ati "Pamella, umeze neza? Nagize amahirwe yo gusura urugo rwawe, ariko ntugire ikibazo. Nzagaruka mu mezi atandatu ari imbere, tuzabonana."
Ubwo yari mu rugo rwa The Ben, Ashton Hall yavuze ko yanyuzwe cyane n’uruzinduko yagiriye mu Rwanda, agaragaza ko mu bihugu byose amaze gusura ari rwo rwamusigiye ibihe byiza kurusha ibindi.
Yanahishuye ko mbere yo kugera mu Rwanda atari asanzwe aruzi, ahubwo ko yarumenye binyuze kuri Ashton Small uzwi nka Kagarara, akaba ari na we yiyemeje gufasha mu rugendo rwe.
Ashton Hall, Ashton Small uzwi nka Kagarara na Yogendra Kushwah wamamaye nka Indian Ashton Hall, bamaze iminsi bazenguruka ibihugu bitandukanye bya Afurika.
U Rwanda rubaye igihugu cya gatanu bagezemo muri uru rugendo, nyuma ya Ghana, Nigeria, Cameroun na Bénin.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!