00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Annie Idibia yahakanye ko yasubiranye na 2Face

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 July 2026 saa 03:02
Yasuwe :

Umukinnyi wa filime uri mu bakomeye muri Nigeria, Annie Idibia, yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwira avuga ko yaba yarasubiranye n’uwahoze ari umugabo we, umuhanzi Innocent Idibia uzwi nka 2Face cyangwa 2Baba.

Annie yavuze ko amashusho yatumye abantu batangira gukeka ko bongeye kubana ari amashusho ya kera yasubiwemo mu buryo butari bwo, agaragaza ko nta kuri kuri ayo makuru.

Mu butumwa yashyize kuri Instagram Story kuri uyu wa Mbere, Annie yagize ati “Amashusho ya kera ari gukwirakwizwa hose, amakuru y’ibinyoma ari hose.”

Aya mashusho yari amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Annie na 2Face babyina bari kumwe mu kabyiniro, bituma bamwe bakeka ko bari basubiranye.

Ibi byabaye mu gihe hari n’amakuru avuga ko 2Face yaba yaratandukanye n’umugore we mushya, Natasha Osawaru.

Annie na 2Face batangaje ko batandukanye muri Mutarama 2025 nyuma y’imyaka irenga 10 bari bamaze bashakanye. Icyo gihe 2Face yari yatangaje ko umubano wabo warangiye ndetse nyuma aza kugaragaza ko yari mu rukundo na Natasha Osawaru.

2Face ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Nigeria no muri Afurika. Yamamaye cyane mu ndirimbo nka African Queen, Implication, Only Me na Rainbow. Annie na we ni umukinnyi wa filime wamenyekanye muri ruganda rwa sinema ya Nigeria ruzwi nka Nollywood.

Annie Idibia yahakanye ko yasubiranye na 2Face

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages