Angell Mutoni yasohoye album
Umuhanzi Angell Mutoni yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘The delivery’ igizwe n’indirimbo 14 zirimo izo yakoranye n’abahanzi nka Boukuru,Bushali,Icenova, Kivumbi na Kenny K-Shot.
Angell Mutoni asanzwe ari umuraperi akaba n’umuririmbyi wandika indirimbo. Aririmba Afro-Hiphop, RnB na Pop.
Uyu mukobwa afite mixtape eshatu na EP ebyiri. Ari mu bahanzi 10 bitabiriye RFI Prix Découvertes mu 2016. Yagiye kandi agaragara mu maserukiramuco atandukanye muri Afurika y’Iburasirazuba arimo Blankets & Wine, Kigali Up, Amani Festival, Bayimba n’ayandi.
Mulix yisunze Yampano bakorana iyitwa ‘Tuzabana’
Mulix ukorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba murumuna wa TMC wamamaye mu itsinda rya Dream Boys, yisunze Yampano bakorana indirimbo bise ‘Tuzabana’.
Ni indirimbo yakozwe na Prince Kiiiz, igiye hanze ikurikira ‘Juju’ Mulix yaherukaga gusohora.
Déjà vu ya Kenny Sol
Kenny Sol umaze iminsi arikoroza ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko bivuzwe ko ashobora kuba ari mu muryango usohoka muri 1:55AM Ltd, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Déjà vu’.
Yakorewe muri 1:55 AM Ltd na Element. Yasohokanye n’amashusho yayo yatunganyijwe na Simbi Nailla.
Amenya ya Richard Nick Ngendahayo
Richard Nick Ngendahayo usanzwe akorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uri no mu myiteguro yo gutaramira i Kigali ku wa 23 Kanama 2025 abifashijwemo na sosiyete ‘Fill the Gap’, yasohoye indirimbo ye nshya yise ‘Amenya’.
Ndarahira ya Marina
Nyuma yo gukorana indirimbo ‘ We made it’ na Khalfan ndetse na Jay C mu cyumweru gishize, Marina yashyize hanze iye nshya yise ‘Ndarahira’.
Chaka Fella yasohoye album
Chaka Fella uri mu bahanzi bashya babarizwa muri Kavu Music ya Zeotrap, yasohoye album ye ya mbere yise ‘Birakaze’.
Iyi album ni nayo yasohotseho indirimbo ‘Hondamo’ yakoranye na Zeotrap uri kumufasha kwinjira mu muziki amazemo umwaka umwe.
Ntitubyitayeho ya Nessa na Beat Killer
Nessa na Beat Killer bari mu bakunzwe cyane mu rubyiruko, bamaze gushyira hanze indirimbo nshya bise ‘Ntitubyitayeho’.
Rwanda’s Pride ya Itorero Indinzi na Yvan Ngenzi na Mwafunzi
Itorero Indinzi risanzwe ribyina mu buryo bwa gakondo, ryasohoye indirimbo nshya ryise ‘Rwanda’s Pride’ ryakoranye n’abahanzi barimo Yvan Ngenzi na Mwafunzi.
Karito jone ya Hertos, Diez Dola na Bushali
Abahanzi barimo Hertos , Diez Dola na Bushali bahuje imbaraga bakorana indirimbo bise Karito jone.
Daddy God ya Niyo Bosco
Niyo Bosco uherutse kugira ibyago agapfusha umubyeyi we, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Daddy God’ yo kuramya no guhimbaza Imana ari nawo mujyo uyu muhanzi aherutse kwerekezamo umuziki we.
Aragukunda ya Jado Sinza & Esther
Umuhanzi Jado Sinza n’umugore we Esther bamaze gukora itsinda, bashyize hanze indirimbo yabo nshya yo kuramya no guhimbaza Imana.
Twabonye Imana ya Elie Bahati
Elie Bahati uri mu bahanzi bamaze gukuza izina ryabo mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yasohoye indirimbo ye yise ‘Twabonye Imana’ iherekejwe n’amashusho yafatiwe mu gitaramo aherutse gukorera mu Mujyi wa Kigali.
Muntahirize abera ya Korali Jehovah Jireh
Korali Jehovah Jireh iri mu zikunzwe mu bakurikira umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yamaze gusohora indirimbo bise ‘Muntahirize abera’.
Yesu ntahinduka ya Korali Siloam
Korali Siloam yo mu Itorero ADEPR Kumukenke yasohoye indirimbo bise ‘Yesu ntahinduka’.
Ndaje ya Korali Rehoboth
Korali Rehoboth iri mu zifite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yasohoye indirimbo yabo nshya bise ‘Ndaje’.
Yesu niwe zina ya Horebu Choir
Ni indirimbo ya Korali Horebu ikorera umurimo w’Imana muri ADEPR Kimihurura, ikubiyemo ubutumwa bukomeye bushimangira ko izina rya Yesu ari ubuzima ku baryizera.
Umuyobozi wa korali Horebu, Batamuriza Consolee, yavuze ko iyi ndirimbo ishingiye ku buhamya bw’ibitangaza bagiye babona mu buzima bwabo nk’abaririmbyi.
Yakomeje avuga ko bafite imishinga myinshi bari gukoraho igamije gukomeza kwamamaza ubutumwa bwiza harimo n’igitaramo bise ’Urukundo rw’Imana Live Recording - Season Two’, kizaba mu mpera z’uyu mwaka.
Izo hanze
Easy Lover ya Miley Cyrus
Mariah Carey yongeye gusohora zimwe mu ndirimbo zo kuri album ye yitwa The Emancipation of Mimi, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 yayo
Drunk Right Now (Na Na Na) ya Josh Ross na Akon
Man of the year ya Lorde
Zombie ya YUNGBLUD
Just Keep Watching ya Tate McRae
Love To Give ya Garbage
Fame is a Gun ya Addison Rae
AY yasohoreye rimwe indirimbo ebyiri zirimo iyo yakoranye na Harmonize bise ‘Simuoni’ n’iyo yakoranye na Darassa bise ‘Si ndo manake’
Jay Melody - Jirani
On the real ya Khaligraph Jones
You are good ya Sinach
Pere ya Rayvanny &Harmonize na Marioo
Gunkwase ya Vinka
Kiwedde ya B2C na David Lutalo



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!