Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Angelina Jolie yagize ati “Mperutse gusura koperative Imboni y’i Gikomero mu Rwanda. Ni koperative ikora ubuhinzi icungwa kandi igakorwamo n’abagore b’abahinzi. Navuyeyo ntewe ishema n’ibyishimo na buri umwe nahahuriye nawe.”
Angelina Jolie yagaragaje ko yumvise agahinda k’aba bagore bibumbiye muri Koperative ‘Imboni’ cyane ko ihuriwemo n’abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ikabasiga ari abapfakazi.
Ati “Benshi muri abo bagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye abantu barenga miliyoni, igasiga abagore benshi ari abapfakazi bafite inshingano zo kongera kubaka ubuzima bwabo bonyine. Mu myaka ishize, nta yandi mahitamo bagiraga uretse guhinga mu bishanga bakodeshaga kugira ngo babone icyatunga imiryango yabo, bakinjiza amafaranga atageze ku idolari rimwe ku munsi. Byongeye kandi, imvura nyinshi yakundaga kwangiza imyaka yabo yose, bigatuma bahura n’ibihombo bikomeye.”
Angelina Jolie yashimiye Giles Duley uyoboye umuryango Legacy of War Foundation usanzwe ukorana n’aba bagore mu myaka itanu ishize.
Ati “Uyu muryango ugura ubutaka bwera, ukabwegurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ukabafasha kuba abahinzi bafite umusaruro, bakoresha uburyo bujyanye no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.”
Ni umugore wishimiye uburyo aba bagore bafashe ubwo butaka bakabubyaza umusaruro, agaragaza ko yashimye uburyo mu myaka itanu gusa bavuye ku kuba abakozi bahingiraga abandi, bahinduka ba nyir’ubutaka. Amafaranga binjizaga yiyongereye inshuro eshanu, kandi abana babo barenga 90 basubiye mu ishuri.
Inshuro nyinshi Angelina Jolie akunze gusura u Rwanda ariko urugendo rwe akarugira ibanga cyane kuko aba atifuza ko rujya mu itangazamakuru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!