Uyu mukobwa witabiriye amarushanwa atandukanye arimo Miss Rwanda, Miss Supranational yanatwaye ndetse na Miss East Africa nayo yatwaye, abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter yatangaje ko iyo urebye usanga aya marushanwa, ntacyo amarira abayitabira ahubwo inyungu zikubirwa n’abayategura.
Ibi abitangaje mu gihe umwaka ugiye gushira yegukanye ikamba rya Miss East Africa, ariko akaba atarahabwa igihembo cy’imodoka yo mu bwoko bwa Nissan Xtrail 2021 nshyashya ubusanzwe igura ibihumbi 44 by’amadorali ya Amerika, angana na miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda yari yemerewe.
Amakuru avuga ko usibye igihembo nyamakuru cy’imodoka n’umushahara yari yemerewe buri kwezi atigeze awuhabwa.
Mu magambo ye yashyize kuri twitter yagiriye inama abakobwa bashukwa ko bagiye kuzamurwa binyuze mu marushanwa y’ubwiza.
Ati “ Bakobwa ntimuzatume hari ubashuka ko ashaka kubateza imbere no kubaha amahirwe binyuze mu marushanwa y’ubwiza kuko baba bagambiriye, kwizamura bo ubwabo no kwigwizaho inyungu ku giti cyabo.”
Amakuru IGIHE ifite yizewe aturuka mu bantu ba hafi ba Miss Shanitah ni uko yanditse ibi kuko arambiwe ibinyomba by’abateguye Miss East Africa barimo Miss Mutesi Jolly.
Ubwo Miss Shanitah yambikwaga ikamba yeretswe imodoka y’igihembo gusa ntiyiyitahana i Kigali, nyuma Miss Jolly yatangaje ko yashyizwe ku isoko kuko itwarirwaho uruhande rutari urwo mu Rwanda.
Imodoka yarayitegereje amaso ahera mu kirere, amakuru avuga ko abateguye iri rushanwa bagiye bamwizeza kumuha amafaranga n’imodoka inshuro nyinshi ariko ntibubahirize amasezerano bagiranye.
Haba ku ruhande rwa Rena events, yo muri Tanzania na Miss Jolly bafatanyije gutegura iri rushanwa bakomeza bavuga ko bari kubikurikirana gusa ntihagire igisubizo nyacyo gitangwa.
Mu minsi ishize byabaye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko akwiye kurenganurwa agahabwa ibihembo yatsindiye, birasaba inzego zibishinzwe gukurikiranira hafi iby’iki kibazo gikomeje kuba agatereranzamba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!