Kumva ko ari gushaka ibyangombwa kandi ari kubarizwayo muri Amerika, byatumye bamwe batekereza ko agiye ku yoboka inzira ya bamwe mu bahanzi bagiyeyo bagahita bafata icyemezo cyo kugumayo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mu gushaka kumenya amakuru ya nyayo, IGIHE yaganiriye n’umwe mu bantu ba hafi b’uyu muhanzi uzwiho n’ubuhanga mu gutunganya indirimbo, atwemerera ko ari byo koko hari ibyangombwa Element EleéeH ari gushaka muri Amerika.
Ati “Ni byo ari gushaka ibyangombwa byo gukorera muri Amerika, hari abantu dukorana badufasha gucuruza imiziki yacu ariko dufite n’ibindi dukorana, twaraganiriye dusanga Element EleéeH azajya akenera kujya muri Amerika kenshi twemeranya ko byaba byiza ashakiwe ibyangombwa bimufasha kuhakorera.”
Nubwo ari gushaka ibyangombwa byo gukorera muri Amerika, ku rundi ruhande Element EleéeH aramutse abibonye anifuza kujya agaruka mu Rwanda kenshi kuko na ho ahafite akazi.
Uwaduhaye amakuru yagize ati “N’ubu yatangiye kubishaka ariko agomba kuzataha mu minsi iri imbere kuko afite akazi kenshi mu Rwanda. Urabizi ko abagiye kwa kundi bo usanga bigoye ko bataha batarabona ibyangombwa byo gutura muri Amerika.”
Element EleéeH ukomeje kuzamukana umuvuduko udasanzwe mu iterambere ry’umuziki we, aherutse gutoranywa muri gahunda ya ‘Apple Music Up Next Africa’, igamije kumenyekanisha no gushyigikira abahanzi bafite impano n’icyerekezo cyo kugera ku rwego mpuzamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!