Inkuru z’urukundo rwa Amber Rose na Drake zatangiye gucicikana mu itangazamakuru nyuma yo kugaragara basohokanye mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 01 Mutarama 2016.
Amber Rose na Drake bari kumwe bizihiza itangira ry’umwaka wa 2016, muri iryo joro basangiriye muri resitora yitwa Prime 112 iherereye mu Mujyi wa Miami muri Leta ya Florida.
Trace TV yavuze ko uburyo Drake na Amber Rose bari bambariye iryo joro ndetse n’uburyo barebanagamo byagaragaraga neza ko atari ubucuti busanzwe buri hagati yabo.
Bamwe mu babateye imboni, bavuze ko bari bafashe icyumba cyiherereye basangiriyemo Ubunani hamwe n’izindi nshuti zabo nke gusa ngo Amber Rose na Drake bari begeranye ndetse banafatanye mu ntoki.
Bivugwa ko nyuma yo gusangira n’inshuti, Drake na Amber bahise bajyana ahantu hatamenyekanye.
Kugeza magingo aya, aba bombi ntacyo baratangaza ku bijyanye n’urukundo ruri kuvugwa hagati yabo.
Ibi bibaye nyuma y’igihe gito Drake avuzweho gukundana na Serena Williams ndetse na Amber Rose bihwihwiswa ko yaba agiye gusubirana na Wiz Khalifa bahoze bakundana ndetse banafitanye umwana w’umuhungu.



















TANGA IGITEKEREZO