Ibi birori byari byahuje abahanga imideli bagera kuri 15 biganjemo abo mu Rwanda, Uganda ndetse no mu bindi bihugu, byanyuze abanyamujyi cyane ko ari ubwa mbere byari bibereye ahantu hanze.
Ku kiraro cyarimbishijwe amatara amurikira abagitambukaho, abakunzi b’ibi birori bicaye ku buryo buteganye. Abamurika imideli babatambukaga hagati bitegereza ubuhanga bwabo mu ntambuko ndetse n’udushya tw’imyenda bari kumurika.
Uretse ibyo kumurika imideli, abitabiriye ibi birori bananyuzwe bikomeye na Bull Dogg waje kubasusurutsa ubwo byaganaga ku musozo atanga ibyishimo ku batari bake bari bakoraniye ku kiraro cya Kigali Universe.
Ku rundi ruhande, ibi birori bibaye ibya mbere bibereye kuri iki kiraro kitaranatahwa ku mugaragaro dore ko nubwo imirimo yo kucyubaka yarangiye gitegerejwe gutahwa mu minsi iri imbere nk’uko IGIHE yabihamirijwe na Kenny Mugarura, umwe mu bayobozi b’iyi nyubako.
Ati “Ntabwo turagitaha ku mugaragaro, mu minsi iri imbere nibwo tuzagitaha turi kubitegura kandi turabizi ko bizaba ari ibintu bisa neza ni nayo mpamvu twihaye uyu mwanya wose wo kubitegura neza.”
Ku rundi ruhande, Kigali Fashion Week imaze iminsi ibera i Kigali, aho ibikorwa byabo byatangiye ku wa 25 Gicurasi 2026 byitezwe kurangira ku wa 30 Gicurasi 2026.
Amafoto: Kwizera Remy Moses



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!