Ibi uyu mukobwa yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, ubwo yakomozaga ku rugendo aherutse gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari na ho yakiriwe na Nina umaze igihe ahatuye.
Alyn Sano yavuze ko afata Nina nk’umubyeyi we mu muziki kuko uko agenda akura mu buhanzi agenda abona imvune bakuru be banyuzemo, bityo bigatuma arushaho kububaha.
Ati “Ni nk’uko uba uri kumwe na mama wawe, yanyakiriye neza cyane bitabaho. Reka nkubwire, sindabyara ariko bavuga ko umwana w’umukobwa iyo abyaye arushaho kubaha nyina. Nina rero ibintu yaciyemo n’ibintu bakoze ntaragerageza gukora bituma mbaha icyubahiro.”
Alyn Sano yavuze ko mu bijyanye na muzika afata Nina nk’umubyeyi we mu bijyanye n’ubuhanzi kuko hari inama nyinshi amugira kandi zimufasha kubona inzira mu muziki.
Alyn Sano aherutse gusohora indirimbo nshya yise ‘Ntibikunda’ mu gihe yanateguje indi mishinga irimo album ye ya kabiri ateganya gusohora muri uyu mwaka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!