Mu kiganiro n’umwe mu bari gufasha Alex Dusabe gutegura iki gitaramo, yavuze ko bahisemo kucyigiza inyuma kugira ngo barusheho kucyitegura neza.
Ati “Nibyo twahisemo kucyigiza inyuma kuko hari imyiteguro twabonaga itararangira, twihaye umwanya ngo turusheho kwitegura neza kuko igitaramo cyo kwizihiza imyaka 25 umuntu amaze mu muziki si ikintu cyoroshye.”
Alex Dusabe arateganya no kukimurikiramo album ye nshya amaze igihe akoraho.
Ubwo yakomozaga kuri iki gitaramo mu kiganiro yagiranye na IGIHE mu minsi ishize, Alex Dusabe yagize ati “Ni igitaramo nzizihirizamo imyaka 25 maze mu muziki kuko mu 2000 nibwo nakoze indirimbo yanjye ya mbere nise ‘Umuyoboro’ ari na yo mpamvu nayicyitiriye.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!