00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alex Dusabe yataramiye mu Bubiligi (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 April 2026 saa 07:15
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 4 Mata 2026, Alex Dusabe wari uherekejwe n’abarimo René Patrick na Tracy, yataramiye i Bruxelles mu gitaramo yizihirijemo imyaka 25 amaze mu muziki.

Ni igitaramo cyanafunguye imiryango kuko ari ubwa mbere yari ataramiye i Burayi nyuma yo kubigerageza inshuro nyinshi, ariko ibyangombwa bikaba ikibazo.

Alex Dusabe ahamya ko bigenze neza buri bihe bya Pasika yajya aba afite igitaramo akorera i Burayi mu rwego rwo kwegerana n’abakunzi be bahatuye.

Ati “Turi mu myiteguro kandi nibaza ko nta kabuza bizagenda neza hamwe n’Imana.”

Alex Dusabe uri mu bahanzi bamaze igihe barubatse izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, aherutse gukorera i Kigali igitaramo cy’amateka ubwo yizihizaga imyaka 25 amaze akora ivugabutumwa mu ndirimbo.

Ni igitaramo yise “Umuyoboro 25 Concert’’ cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) hazwi nka Camp Kigali, ku wa 14 Ukuboza 2025.

René Patrick na Tracy bataramiye abitabiriye igitaramo cya Alex Dusabe
René Patrick na Tracy bari mu bahanzi bagezweho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana
Igitaramo cyitabiriwe n'abantu banyuranye baba abato n'abakuru
Alex Dusabe yeretse umugore we abitabiriye igitaramo cyabereye mu Bubiligi
Alex Dusabe yakoreye mu Bubiligi igitaramo yizihirijemo imyaka 25 amaze mu muziki
Ni ubwa mbere Alex Dusabe yari ataramiye i Burayi
Ubanza iburyo ni Justin Karekezi, umuyobozi wa 'Team Production' isanzwe itegura ibitaramo i Burayi
Alex Dusabe yashimiye Rene Patrick na Tracy bitabiriye igitaramo cye
Ubwitabire bwari hejuru muri iki gitaramo cya Alex Dusabe

Amafoto: Jessica Rutayisire


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages