00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agahinda gakabije katumye Chriss Eazy yunguka ubundi bumenyi mu muziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 May 2026 saa 09:02
Yasuwe :

Chriss Eazy umaze iminsi yihugura ibijyanye no gutunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi, yatangaje ko ari ibintu yagiyemo nyuma yo kugira agahinda gakabije yatewe no kubura umubyeyi we.

Nubwo ari ibintu yari asanzwe akunda ndetse yari yaranatangiye kwiga na mbere, Chriss Eazy yabwiye IGIHE ko yarushijeho kubishyiramo imbaraga mu minsi ishize ubwo yari amaze gupfusha umubyeyi we.

Ati “Ubwo umubyeyi wanjye yitabaga Imana ni bwo ‘depression’ yamfashe noneho mbura ikintu nkora. Ndi umuntu udakunda kuva mu rugo iyo nta gahunda mfite, Nisanze ndi guhanganira na yo muri studio mu rugo, kuko ntari mfite ‘video’ yo gukora, nashidutse ari byo mpaye imbaraga nk’amezi abiri atatu bihita bingarukamo kuko nari nsanzwe mbikora ariko ntabiha imbaraga cyane.”

Uretse kuba umuhanzi mwiza unakunzwe mu Rwanda, Chriss Eazy asanganywe impano yo kwitunganyiriza amashusho y’indirimbo.

Uyu muhanzi agaragaza ko kuba amaze kwihugura no kuzikorera mu buryo bw’amajwi abifata nk’indi ntambwe y’uko hari imishinga azajya yitangirira akaba yajya kuyisoreza ahandi ariko ikoze mu buryo abishakamo.

Uyu musore uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi aherutse gusohora indirimbo ‘My mind’ yakoranye na Utah Nice, umwe mu bakobwa bashya mu muziki.

Agahinda gakabije 'Depression' ko kubura umubyeyi we, katumye Chriss Eazy akarishya ubumenyi mu byo kwikorera indirimbo mu buryo bw'amajwi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages