Ni siporo rusange yitabiriwe n’abarimo Rocky Kimomo, Patycope, Saranda, Clapton Kibonge, Madedeli, Burikantu na Buringuni, Fally Merci n’abandi banyarwenya barimo abo muri Gen-Z Comedy ndetse n’abandi batandukanye.
Uretse kwitabira iyi siporo rusange, bamwe mu bafite amazina akomeye mu myidagaduro nyarwanda bari bambaye imyambaro iriho ubutumwa bwo gukangurira abantu kwirinda ibisindisha, bagaragaza ko bahisemo kubaho ubuzima buzira ibyangiza umubiri.
Bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko siporo rusange, izwi nka ‘Car Free Day’, iba kabiri mu kwezi, ikaba igamije gufasha abatuye Umujyi wa Kigali kugira ubuzima bwiza.
Buti “Kuri iki Cyumweru, twabyukiye muri siporo rusange ‘Car Free Day’ iba kabiri mu kwezi igamije gufasha abatuye mu Mujyi wa Kigali n’abawugendamo kugira ubuzima bwiza.”
Bwakomeje bugaragaza ko iyi siporo rusange yari ifite umwihariko wo gukomeza ubukangurambaga bwo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge.
Buti “Kubera ko ubuzima bwiza bujyana n’ibinyobwa dufata, abitabiriye siporo twese hamwe twazamuye ijwi ryacu twamagana inzoga n’ibindi binyobwa bitujuje ubuziranenge, tugira tuti #HeheNicyuma.”
Ubu bukangurambaga bwatangiye nyuma y’uko hamaze gufungwa inganda nyinshi zakoraga inzoga zizwi zitujuje ubuziranenge, ndetse n’izavaga hanze zikaba zarahagaritswe kwinjira mu gihugu.
Uretse gufunga izo nganda no guhagarika kwinjiza izo nzoga mu Rwanda, abakora cyangwa abacuruza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, cyane cyane abafatiwe mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, na bo bakomeje gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!