00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahanzi umunani batumiwe mu bitaramo bizaherekeza ’Tour du Rwanda’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 February 2023 saa 08:24
Yasuwe :

Abahanzi umunani biganjemo abakunzwe muri iyi minsi bashyizwe ku rutonde rw’abazaririmba mu bitaramo bizaherekeza isiganwa ry’amagare byiswe ‘Tour du Rwanda Festival’.

Ibi bitaramo biteganyijwe kubera mu Karere ka Musanze ku wa 21 Gashyantare 2023 no mu Karere ka Rubavu ku wa 23 Gashyantare 2023.

Ni ibitaramo uko ari bibiri bizitabirwa n’abahanzi barimo Mico The Best, Senderi Hit, Kenny Sol, Bwiza, Chris Eazy, Platini, Niyo Bosco na Marina.

Uhujimfura Claude uhagarariye KIKAC Music yateguye ibi bitaramo ifatanyije n’ubuyobozi bwa FERWACY, yabwiye IGIHE ko umuziki n’amagare ari ibintu bigendana cyane ko bigamije gutanga ibyishimo mu baturage.

Ati “Ni ibitaramo bigamije gutanga ibyishimo mu baturage bazaba bakurikiye amagare, nibaza ko bizaba ari iby’agaciro gutaramana nabo. Ninayo mpamvu twahisemo kubigira ubuntu ku buryo buri muturage azaba yisanga.”

Iri rushanwa rizenguruka u Rwanda ku magare rigiye kuba ku nshuro ya 15 kuva ribaye mpuzamahanga, biteganyijwe ko rizakinwa ku wa 19-26 Gashyantare 2023.

Tour du Rwanda 2023 izitabirwa n’amakipe 20 yatoranyijwe muri 51 yasabye kuyitabira.

Abahanzi umunani biganjemo abagezweho nibo batumiwe mu bitaramo bizaherekeza ’Tour du Rwanda’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages