00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahanga mu busizi begukanye ibihembo mu irushanwa ryari ryitabiriwe n’abarimo abanyamahanga

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 5 December 2020 saa 10:45
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda habereye iserukiramuco rikomeye ry’ubusizi ryitabirwa n’abantu batandukanye yaba ab’imbere mu gihugu no mu mahanga.

Iri serukiramuco ryiswe ‘On the wing of technology International Poetry Festival’ ryaberaga kuri murandasi ku bufatanye bwa Goethe Institut, International Refugee Poetry Network na Refugee Poetry Project.

Ryagaragayemo kugaragaza amashusho y’abari kuvuga imivugo ndetse habaho n’umwanya wo kuganira ku mumaro w’ubuhanzi ku mpunzi.

Mu gihe cy’iserukiramuco, abari bakurikiye basabwe gutora uwo babona ubwabo wahize abandi, ku gihembo bari bahaye inyito ya ‘People’s Choice Award’. Abegukanye ibihembo muri iki gikorwa barimo n’abatoranyijwe n’Akanama Nkemurampaka.

David Ndagijimana wakoze umuvugo yise "My Country", yegukanye igihembo cy’umuvugo ufite amashusho meza w’umuntu waturutse mu nkambi. Khald Steve Shema abikesheje umuvugo yise “Where Do They Belong?” we atwara igihembo cy’umuvugo ufite amashusho meza w’umuntu utari uwo mu nkambi.

Linzy Alice Bugingo wakoze umuvugo yise “A place We Can Call Home” yegukanye igihembo cy’uwatoranyijwe n’abantu benshi.

Aba bazahembwa ibihembo birimo amafaranga yatanzwe na Goethe Institut Kigali ndetse amashusho y’imivugo yabo yerekanwe mu maserukiramuco atandukanye arimo irizabera i Maputo muri Mozambique ku wa 9 Ukuboza 2020.

Bazanajya kandi muri Mozambique mu 2021 mu iserukiramuco rya Festival Poetas d’Alma (Poets Of The Soul).

Dr. Andrea Grieder, yashimiye abatsinze ariko avuga abasizi bose bitabiriye batsinze kuko babashije kugaragaza inkuru zabo binyuze mu busizi.

Iri serukiramuco ryitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abo mu nkambi zitandukanye nka Nyakivare yo muri Uganda n’izindi n’abanyeshuri b’i Zurich mu Busuwisi ndetse n’abo mu Bwongereza bo muri Kaminuza ya Lincoln. Hari n’irindi tsinda ryitwa Anika ryo muri Kenya.

Linzy Alice Bugingo mu muvugo we yise “A place We Can Call Home” yegukanye igihembo cy’uwatoranyijwe n’abantu benshi
Shema Steve uri mu begukanye igihembo muri iri serukiramuco
David Ndagijimana yakoze umuvugo yise 'My Country'
Dr. Andrea Grieder, yashimiye abatsinze ariko avuga abasizi bose bitabiriye batsinze kuko babashije kugaragaza inkuru zabo binyuze mu busizi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .