Nk’uko amakuru abitangaza, abitabiriye igitaramo bategereje Lil Wayne kugeza mu masaha y’ijoro, aho aho yari ategerejweho kujya ku rubyiniro Saa Yine n’iminota 45 (10:45 PM), ariko ntiyahagera. Nyuma yaho, abateguye igitaramo baje gutangaza ko atabashije kuhagera, maze abafana basabwa gusohoka ahabereye igitaramo.
Nyuma y’ibi byabaye, Lil Wayne yahise ashyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga asaba imbabazi abafana be, avuga ko ababajwe n’uko atabashije kubataramira. Yavuze ko igitaramo cyimuriwe ku itariki ya 28 Nyakanga, kandi ko amatike yari amaze kugurwa azagikoreshwamo.
Icyakora, izi mbabazi ntizakiriwe neza n’abafana benshi. Benshi bagaragaje uburakari bavuga ko batishimye, kuko bamwe baje baturutse kure, bagasanga igitaramo kitabaye. Hari n’abasabye ko basubizwa amafaranga yabo, bavuga ko batagomba kwishyura igitaramo batabonye.
Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bagize bati “Twapfushije ubusa amafaranga yacu,” abandi bavuga ko bidakwiye gukomeza kugura amatike y’abahanzi batubahiriza gahunda zabo.
Ibi byabaye byongeye kuzamura impaka ku mibanire hagati y’abahanzi n’abafana, cyane cyane ku bijyanye n’uko ibitaramo bigomba gutegurwa no kubahirizwa neza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!