00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aba DJs bo mu Bufaransa na Canada bagiye gusoreza umwaka i Kigali

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 25 December 2024 saa 10:30
Yasuwe :

Igitaramo gisoza umwaka gitegerejwe i Kigali ni cyo kigiye guhuriramo abavanga imiziki bo mu Bufaransa, Canada n’abo mu Rwanda bose bazacuranga mu birori bisoza umwaka wa 2024.

Ni igitaramo cyiswe ‘December Madness 2024: Kigali’s Biggest Year-Ens Party’, cyateguwe na Taurus Entertainment yo muri Canada izwiho gutegura ibitaramo bitandukanye.

Cyitezweho gusiga amateka, aho kizaba ku wa 28 Ukuboza 2024, kikazabera mu kabari kagezweho ka ‘Atelier Du Vin’ gaherereye mu Karere ka Kicukiro.

Aha niho aba DJs batandukanye barimo abo mu Rwanda no mu mahanga bazahurira maze bakavangira umuziki abanyabirori banabafasha gusoza umwaka neza.

Bamwe mu ba DJs bitezwe barimo DJs MadMaxx wo mu Bufaransa uzaba ugiye gucurangira i Kigali bwa mbere, hamwe na DJ Tity usanzwe ubarizwa muri Canada.

Aba DJs bo mu Rwanda na bo ntibarengejwe, barimo DJ Toxxyk, DJ June, DJ Ino, DJ Tyga na DJ Grvndlving bagezweho i Kigali na bo bitezweho kuzatanga ibyishimo kubazitabira iki gitaramo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .