Mu butumwa buhuriweho impande zombi bwatambukijwe ku mbuga nkoranyambaga, batangaje ko bahisemo gutandukana mu buryo bwumvikanyweho, kandi ko imikoranire yabo ari intangarugero kuri benshi.
Efe Omogorbe uri mu bashinze iyi sosiyete iri mu zimaze imyaka myinshi zikora ibikorwa byo kureberera inyungu z’abahanzi muri Afurika, yatangaje ko banyuzwe n’icyizere 2Baba yabagiriye bagakorana imyaka isaga 20.
Yavuze ko bishimiye kubona urwego uyu muhanzi yagezeho, nyuma yo gukorana nabo ndetse ko bamushimira imikoranire myiza, bamwizeza gukomeza kumufasha igihe cyose yakenera ubufasha bwabo.
Ati “Turashimira 2Baba ku bw’icyizere, n’ubucuti. Nishimiye ibikorwa twubatse, umuziki twakoze, ndetse n’abafana twahaye ibyishimo. 2Baba ni umwe mu banyamuziki b’ibihe byose muri Nigeria kandi ni iby’agaciro gukorana nawe.”
2baba w’imyaka 48 yashimiye Now Muzik, avuga ko byinshi yagezeho mu muziki, abikesha iyi sosiyete n’abandi bakoranaga, ku buryo ishimwe afite ku mutima atabona uburyo arisohora.
Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo ‘African Queen’ yavuze ko akaryoshye kadahora mu itama, ariyo mpamvu yahisemo guca ukubiri na Now Muzik, bakoranaga kuvamu 2004, agatangiza sosiyete ye yise “Hypeterk Digital”.
2baba atandukanye na Now Muzik, nyuma yo gushyira hanze album zisaga umunani. Yegukanye ibihembo birenga 60, ndetse ataramira mu mijyi irenga 100 nk’uko iyi sosiyete yabitangaje.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!