Iki gitaramo cya Vestine na Dorcas cyabereye kuri Hotel Source du Nil, iherereye mu Mujyi wa Bujumbura, cyitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko cyane rwari ruje kwihera ijisho uburyo iri tsinda riramya Imana.
Ni ubwa mbere Vestine na Dorcas bataramiye hanze y’u Rwanda, nyuma y’imyaka isaga ibiri bamaze batangiye gukora umuziki kinyamwuga.
Indirimbo zirimo ‘Simpagarara’; ‘Ibuye’; ‘Papa’; ‘Nahawe Ijambo’; ‘Adonai’; n’izindi zafashije Abarundi kuryoherwa n’iki gitaramo.
Nyuma yo gutaramira mu Burundi, aba bakobwa b’abavandimwe babarizwa muri MIE Empire y’umunyamakuru Irene Murindahabi, bategerejwe mu bitaramo bizenguruka Canada, igihugu kiri mu bicumbikiye Abanyarwanda benshi.





TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!