00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko ubuzima bushaririye bwabaye isoko ya album Gafishi agiye gushyira hanze

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 August 2023 saa 11:44
Yasuwe :

Umuhanzi w’Indirimbo zihimbaza Imana, Isaac Gafishi utuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yatangaje ko agiye gukora album ya kabiri izaba igizwe n’indirimbo zihimbaza Imana ariko zivuga ku buzima bushaririye yabayemo.

Gafishi umaze imyaka 13 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabitangaje nyuma yo kugera mu Rwanda aho aje mu bikorwa bitandukanye birimo no gusura umuryango we.

Uyu muhanzi uteganya gukora album y’indirimbo z’Ikinyarwanda, yanavuze ko azakora ibikorwa bitandukanye by’urukundo bigamije gufasha abababaye.

Ati “Mu bintu binzanye hano harimo gukora kuri Album yanjye y’ikinyarwanda nkayisangiza abanyarwanda ahantu hatandukanye harimo no kuzenguruka u Rwanda. Binshobokeye nzava hano nyisohoye. Birashoboka kuko bizaterwa n’abantu tuzaba turi gukorana. Rero bigenze neza nayisohorera aha kuko izaba iri no mu Kinyarwanda."

Yakomeje agira ati “Izaba ikubiyemo ubuzima bwanjye ahanini, uburyo nakuze. Izaba yuzuye kuvuga ku buzima bwanjye.”

Gafishi yavukiye mu Rwanda mu karere ka Rubavu mu mujyi wa Gisenyi, ariko yisanga ari impunzi muri Kenya ku myaka 13 mu buzima butari bworoshye, mbere yo kwerekeza muri Amerika.

Ati “Navukukiye mu Rwanda i Gisenyi, nkurira muri Kenya mu buhunzi. Murabizi niba mwarabaye impunzi muzi uko bimera. Kububamo ntabwo biba byoroshye ariko umuntu ashima Imana. Rero nagiye muri Amerika, navuga ko byambereye umugisha bitewe n’ubuzima bugoye twanyuzemo mbere ariko ndashima Imana uwo ndi we uyu munsi, nterwa ishema nabyo.”

Isaac Gafishi avuga ko yatangiye kuririmba kera akiri umwana biciye muri Sunday School. Nyuma yaje kujya muri Amerika atangira gukora umuziki mu buryo bw’ubunyamwuga kugeza ubwo ashyize hanze album ya mbere y’indirimbo ziri mu Cyongereza.

Kuri ubu uyu muhanzi w’imyaka 28 y’amavuko, asanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse anafite n’ubwengegihugu.

Uyu muhanzi arifuza kuva mu Rwanda akoze album ya kabiri iriho indirimbo z'Ikinyarwanda
Gafishi Isaac avuga ko ubuzima yabayemo ari isomo rikomeye ashaka gukoramo indirimbo
Umuryango wa Gafishi ubwo wajyaga kumwakira ku kibuga cy'indege i Kanombe
Gafishi yishimiye guhura n'umuryango we nyuma y'imyaka 15
Byari ibyishimo kuri Gafishi kongera guhura n'umuryango mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .