00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chorale BUUIA yo muri Sainte Famille yamuritse album ya mbere (Amafoto)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 23 October 2023 saa 07:17
Yasuwe :

Chorale Bikira Mariya Umubyeyi Umara Intimba Abayifite [BUUIA], ikorera ivugabutumwa ry’indirimbo zihimbaza Imana muri Paruwasi Gatolika ya Sainte Famille, yamuritse album yayo ya mbere yatangiye gukoraho mu 2020.

Iyi korali yashinzwe mu 1999, yamuritse iyi album mu gitaramo cyabaye ku mugoroba wa tariki 22 Ukwakira 2023 kuri Sainte Famille.

Ni album bise “Nzashimira Imana” igizwe n’indirimbo 10 zirimo ubutumwa bwo gushimira Imana ku bwo kurinda Kiliziya muri rusange.

Padiri Mukuru wa Paruwasi yitiriwe Umuryango Mutagatifu [Sainte Famille] Rukimbira Ezéchiel yashimiye iyi korali ku ntambwe nshya yateye iyiganisha ku ruhando rw’andi makorali afite amazina akomeye muri kiliziya gatorika.

Ati “Muri gusatira amakorali akomeye muri Kiliziya Gatolika, ndabasaba mukomeze kandi mutere imbere, uririmbye neza aba asenze kabiri, indirimbo rero ni zimwe mu zigaragaza ibyishimo cyangwa ikiri ku mutima w’umuntu.”

“Kugira ngo abantu baturuke hirya no hino bahure baririmbe nta gihembo, ndabasabira Nyagasani abakubire inshuro 100, umwanya mufata ntabwo ari uwo gupfa ubusa, ibihembo birahari, ngira ngo muzi uwo mukorera, arahari Kandi azabitura.”

Umuyobozi wa Chorale BUUIA, Isaie Sibomana yashimiye Kiliziya Gatolika yababaye hafi ndetse n’ababyeyi bafite abana bari muri iyi korali batanga umwanya kuri bo bakaza kwitoza indirimbo kugeza uyu munsi bamuritse album.

Isaie Sibomana yatangarije abitabiriye iki gitaramo ko iyi korali ifite ibikorwa igiye gutangira gukora mu minsi iri imbere birimo icyo kuvuza umwe muri bagezi babo urwaye kanseri ndetse no gufasha abana bavukira muri gereza.

Ati "Hari umuntu wacu urwaye kanseri dushaka kumufasha turebe ko yavuzwa, hari n’abana bavukira muri gereza nabo turi kubashakira inkunga bikubiye mu bikorwa byacu bitandukanye by’ubugira neza dore ko roho nzima iba mu mubiri mu zima.”

Muri uyu muhango, umuririmbyi Rwabigwi Cyprien yishyuye iri album ibihumbi 25 Frw ndetse atanga inkunga yo kubishyurira indirimbo imwe ikoze amajwi n’amashusho yayo.

Uyu muririmbyi wamamaye mu ndirimbo zirimo "Nkubone" yanatanze inkunga y’ibihumbi 500 Frw yo gufasha iyi korali mu bikorwa bitandukanye.

Iyi album nshya yamuritswe igizwe n’indirimbo iyi korali yatangiye gukora mu 2020 zirimo, Roho Muhoza, Yadutuye Imitwaro , Urumuri rutazima , Nyemerera Tugendane, Nzishimira Imana, Mariya Ngabo Yarurema , Roho W’Imana Warakoze, Miryango y’Isi yose na Dore igitego.

KCM Group Studio niyo yafashije Chorale BUUIA gutegura urubyiniro n’ibijyanye n’amajwi
Muri iki gitaramo iyi Korali yaririmbye indirimbo 22
Padiri Mukuru wa Paruwasi yitiriwe ya St Famille, Rukimbira Ezéchiel niwe wari umushyitsi mukuru
Ubwo iki gitaramo cyari kigeze ku musozo iyi korali yazirikanye bamwe mu baririmbyi bayo barindwi bitabye Imana
Umuririmbyi wa Chorale BUUIA, Diane Tuyisenge yaririmbye indirimbo “Billy” Celine Dion yakoze mu 1986
Rwabigwi Cyprien yaririmbye by'akanya gato indirimbo yise 'Nkubone' iri muzakunzwe cyane
Rwabigwi Cyprien wamamaye mu ndirimbo zirimo yatanze inkunga y'ibihumbi 500 Frw yo gufasha iyi korali mu bikorwa bitandukanye
Padiri Rukimbira Ezéchiel yahawe album nshya y'iyi korali iriho indirimbo 10
Indirimbo “Mwigisha utuye he ” yahagurukije benshi
Indirimbo zaririmbwe zafashije bamwe kwegerana n'Imana

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .