Ibi yabitangaje ku wa 14 Mata 2026. Ku nyandiko iteguza ibi bitaramo yongeyeho amagambo mu nyandiko, agira ati “Abanyamerika mwaramutse? Ubutumwa bumwe, imijyi myinshi. Yesu yamamazwe hose”.
Uyu muhanzi yagaragaje ko ari ibitaramo bizarangwa n’umuziki wa live.
Ati “Muzifatanye natwe mu gitaramo cy’amateka cy’umuziki wa live no kuramya no guhimbaza Imana”.
N’ubwo nta byinshi yatangaje kuri ibi bitaramo, haba imijyi nyirizina bizaberamo cyangwa amatariki yabyo, ku nteguza y’ibi bitaramo bigaragara ko ari ibyo yiteguriye ku giti cye.
Prosper Nkomezi anakubutse mu rugendo nyobokamana yakoreye mu gihugu cya Israel hagati yo ku wa 16 na 21 Gashyantare 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!