00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Korali z’ubukombe i Kigali zahurijwe mu itangizwa ry’Iserukiramuco ‘Choir Fest’

Yanditswe na Muhumuza Simeon
Kuya 1 October 2019 saa 07:11
Yasuwe :

Amatsinda yo kuramya no guhimbaza Imana azwi mu Mujyi wa Kigali yatumiwe mu gitaramo kizatangirizwamo Iserukiramuco ry’amakorali [Choir Fest] rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Choir Fest Season 1 izahuza amatsinda n’amakorali atandatu, iteganyijwe kubera muri Serena Hotel, ku wa 6 Ukwakira 2019, kuva saa Cyenda z’amanywa.

Iri serukiramuco rizajya riba buri mwaka ryateguwe na Sensitive Limited iyoborwa na Mugwema N Wilson afatanyije n’abandi bantu banyuranye.

“Choir Fest” yatumiwemo Korali Ijwi ry’Impanda na Maranatha n’amatsinda amaze kwandika izina mu muziki uhimbaza Imana ya True Promises, Gisubizo Ministries, Healing Worship Team na Alarm Ministries. Abazacyitabira bazabwirizwa ijambo ry’Imana n’Umushumba Mukuru wa Foursquare Gospel Church, Bishop Dr Fidèle Masengo.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye na Mugwema Wilson yavuze ko ku nshuro ya mbere y’iri serukiramuco bifuje gukorana na korali zumvise icyerekezo cyabo ariko ko zizongerwa.

Yagize ati “Twifuzaga kubona korali nyinshi ariko kubera ko ari ugutangira ntabwo byatworoheye. Mu yandi madini nka Kiliziya Gatolika twifuzaga kubona korali zabo ariko ntibyadukundiye ariko ubutaha zizaba zihari.”

Amatsinda na korali zizitabira iri serukiramuco zizaririmba indirimbo zo mu gitabo, izayo za kera n’inshya ariko zakunzwe cyane.

Mugwema yavuze ko bifuza ko abantu benshi bakunda kandi bumvise izo ndirimbo bazongera kuzicurangirwa kandi bakanyurwa.

Yagize ati “Abantu bazaze biteguye gufashwa no gukizwa. Bazanezerwa ndetse banabone korali zabo bataramane.’’

Choir Fest biteganyijwe ko izajya iba buri mwaka mu Ukwakira ndetse izagezwa no mu bindi bice by’u Rwanda hanze y’Umujyi wa Kigali.

Kwinjira muri iri serukiramuco ni ukwishyura 5 000 Frw mu myanya isanzwe, 10 000 Frw mu y’icyubahiro (VIP) na 20 000Frw mu myanya y’icyubahiro cy’ikirenga (VVIP).

True Promises yatumiwe muri iri serukiramuco
Gisubizo Ministries iri mu matsinda akunzwe mu Rwanda no mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba aho yegukanye ibihembo bitandukanye
Healing Worship Team iri mu matsinda akomeye mu Mujyi wa Kigali no mu Rwanda hose yatumiwe mu gitaramo
Alarm Ministries iri mu matsinda yashinzwe bwa mbere mu Rwanda iheruka kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 imaze rishinzwe
Mugwema N Wilson uyobora Sensitive Limited yateguye Choir Fest
Amatsinda na korali z’ubukombe mu muziki uhimbaza Imana i Kigali yahurijwe mu itangizwa ry’Iserukiramuco ‘Choir Fest’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages