00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Korali Jehovah-Jireh /ULK igiye gutaramira ku ivuko rya ADEPR

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 December 2023 saa 06:47
Yasuwe :

Korali Jehovah Jireh ya CEP ULK Post Cepiens yatumiwe mu giterane cy’iminsi ibiri giteganyijwe kubera mu Karere ka Rusizi i Gihundwe aho Itorero ADEPR ryatangirijwe mu 1940.

Iyi korali ikorera mu Itorero ADEPR mu Rurembo rwa Kigali, igizwe n’abarangije amasomo yabo muri Kaminuza ya ULK ubu akaba ari abakozi n’abikorera ku giti cyabo mu nzego zitandukanye hirya no hino mu gihugu.

Korali Jehovah Jireh ikataje mu bikorwa by’ivugabutumwa mu ndirimbo n’irindi terambere ritanga impinduka zuzuye.

Ni imwe mu zikomeye muri ADEPR ndetse yitabazwa mu bitaramo bigari byaba ibyo muri iri torero n’ahandi.

Mu mpera z’icyumweru, tariki ya 2-3 Ukuboza 2023, izataramira i Gihundwe mu Karere ka Rusizi aho Itorero ADEPR ryatangiriye. Ni igiterane gifite igisobanuro kigari kuri benshi muri aba baririmbyi kuko hari benshi muri bo bazaba bahageze bwa mbere.

Muri iki giterane kigamije gukomeza gushyigikira imirimo y’inyubako nshya y’urusengero rwa ADEPR Gihundwe, Korali Jehovah Jireh izafatanya na Bethania, iya mbere yabayeho mu mateka y’iri torero. Abazacyitabira bazagaburirwa ijambo ry’Imana na Pasiteri Uwambaje Emmanuel, Umushumba w’Ururembo rwa Rubavu muri ADEPR.

Muri gahunda yabo ku wa Gatandatu biteganyijwe ko mbere ya saa Sita abaririmbyi bazataramana no gusabana n’abanyeshuri basaga 2000 n’abarimu babo bazaba baturutse mu mashuri atandukanye yo mu Murenge wa Kamembe, Mururu na Giheke ndetse n’aba Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Rusizi.

Aha hazatangirwa ibiganiro biganisha ku nsanganyamatsiko iri mu Cyongereza igira iti “Education grounded on Christian values: Foundation for holistic development of the Church and the Country”, bisobanuye “Uburezi n’Uburere bwubakiye ku ndangagaciro za Gikirisitu: Umusingi w’Iterambere ryuzuye mu Itorero no mu gihugu’’.

Nyuma y’aho hazakomeza n’igitaramo cy’indirimbo, Ijambo ry’Imana no gusenga hamwe n’abantu bose bazacyitabira.

Iki giterane cyateguwe mu gihe hari n’ikibazo cy’abana bata ishuri n’urubyiruko rwishora mu biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi. Ni yo mpamvu abagiteguye bashimye kurushaho kwegera no gushyira imbaraga mu bakiri bato kuko ejo ari bo bazaba bayoboye itorero n’izindi nzego zikorera mu gihugu n’ahandi ku Isi.

Korali Jehovah Jireh yagitumiwemo yatangiye umurimo w’Imana mu 1998 ubu imaze imyaka 25 mu ivugabutumwa. Yamamaye mu ndirimbo nka “Gumamo”, “Turakwemera”, "Umukwe araje", "Tugufitiye icyizere Mana", "Izahanagura amarira", "Imana yaraduhamagaye", "Kugira ifeza", "Guma muri Yesu", "Ingoma yawe", "Intsinzi" n’izindi.

ADEPR yatangiriye i Gihundwe mu Karere ka Rusizi, mu 1940. Yagejejwe mu Rwanda n’Abamisiyoneri bo muri Suède. Nyuma y’imyaka itatu bahageze ni bwo mu 1943 babatije Umunyarwanda wa mbere, Sagatwa Rudoviko, wabaye umukirisitu wa mbere mu itorero.

Ubutumwa bwashibutse mu myaka 83 ishize bumaze gukwira ku Isi yose ndetse by’umwihariko mu Rwanda ADEPR ifite abayoboke barenga miliyoni ebyiri. Aho Itorero ADEPR ryatangirijwe hari kubakwa urusengero rushya mu gukomeza gusigasira ayo mateka yaryo.

Reba indirimbo Korali Jehovah Jireh iheruka gushyira hanze

Korali Jehovah-Jireh /ULK yatumiwe mu giterane kizabera i Gihundwe aho ADEPR yatangirijwe
Iki giterane kizajya kiberamo ibikorwa bitandukanye bigamije kwigisha abakiri bato gukurana indangagaciro za Gikirisitu
Urusengero rwa ADEPR Gihundwe ahateranira Korali Bethania, iya mbere yashinzwe muri iri torero rimaze imyaka 83
Aya marembo agana ahari kubakwa urusengero rushya rwa ADEPR Gihundwe
Iyi ni inyubako nshya y'urusengero ruri kuzamurwa i Gihundwe
Aha ni ho umukirisitu wa mbere, Sagatwa yabatirijwe. Ni rwagati mu Rwunge rw'Amashuri rwa Gihundwe
Ahubatswe urusengero rwa mbere rwa ADEPR mu Rwanda ubu ni mu Rwunge rw'Amashuri rwa Gihundwe, ishuri ryegamiye ku itorero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .