00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisubizo Ministries na Shalom Choir zigiye guhurira mu gitaramo cyo guhembura abantu

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 23 May 2024 saa 10:28
Yasuwe :

Korali Conerstone yo mu itorero ry’Ababatisita mu Rwanda (UEBR) Paruwasi ya Kigali yateguye igitaramo izanamurikamo umuzingo w’indirimbo wayo wa mbere itumira Gisubizo Ministries, Korali Shalom ya ADEPR Nyarugenge na Voice of Angels.

Ni igitaramo kizaba Ku Cyumweru tariki ya 26 Gicurasi 2024 saa cyenda mu Ihema rinini rya Camp Kigali. Kwinjira muri iki gitaramo ni ubuntu nta kiguzi cyashyizweho kugira ngo umuntu wese wifuza gutarama atazagira inkomyi y’ubushobozi.

Umuyobozi wa Korali Conerstone, Julien Dushimimana abitangaza, yabwiye IGIHE bahisemo gushyira iki gitaramo ahantu hahenze ariko ntibishyuze, ariko ukugira hatazagira umuntu ukeneye guhemburwa ariko akagongwa n’ubushobozi.

Ati “Gushyira igitaramo ahantu hahenze ariko abantu bakazinjira nta kiguzi batanze ni ikintu Korali Conerstone yateguye kera ndetse, ubushobozi bwo kwishyura aho igitaramo kizabera n’ibindi bizakenerwa bikaba byaratanzwe n’abaririmbyi n’abafatanyabikorwa cyangwa abaterankunga ba Korali tutibagiwe kandi n’inkunga y’itorero UEBR Conerstone ibarizwamo. Ni ukugira ngo buri wese ukeneye guhembuka azabone uko yinjira”.

Yakomeje avuga ko abazitabira iki gitaramo bagomba kwitegura ibihe byiza byo kuramya Imana no guhembuka ku buryo bukomeye kubera ko yaba Conerstone irimo gutegura ibyiza gusa, izageza ku bazitabira ndetse n’abatumirwa imyiteguro irarimbanyije.

Ati “Twese intero ni imwe ni ukuzamura ibendera ya Yesu mubutumwa bwiza.Turararika abantu bose ingeri zose kuzaza kubana natwe muri iki gitaramo bizatubera umugisha kubabona.’’

Yavuze ko bahisemo gutumira Gisubizo Ministries na Shalom Choir kuko ari zimwe muri korali zikunzwe kandi zikora ivugabutumwa zifata ku ngero zose.

Korali Conerstone izaba imurika album yise ‘Nzaririmba’ iriho indirimbo esheshatu. Ku munsi w’igitaramo nibwo iyi album izamurikwa. Mu ndirimbo ziriho hamaze gusohoka eshatu izindi zose zizajya hanze uwo munsi.

Korali Conerstone yatangiye mu 2014 itangirana abaririmbyi 25 ubu bamaze kuba abaririmbyi 80 b’ingeri zose. Imaze gukora ingendo z’ivugabutumwa n"ibiterane bitandukanye mu mujyi wa Kigali no mu ntara zitandukanye.

Album izamurika izaba ari iya mbere izaba igizwe n’indirimbo z’ amajwi n"amashusho kandi hazabaho n’igikorwa cyo gufata andi majwi n’amashusho (Live Recording) ya Album ya kabiri.

Reba indirimbo ya ‘Korali Cornerstone’ iheruka

Korali Conerstone igiye kumurika album ya mbere
Korali Conerstone igiye kumurika album yayo ya mbere
Gisubizo Ministries nayo yatumiwe muri iki gitaramo
Shalom Choir ikunzwe muri ADEPR izaririmba muri iki gitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .