00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Apôtre Grace Lubega yahishuye urukundo akunda u Rwanda mu gitaramo cy’amateka yakoreye muri BK Arena

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 17 February 2025 saa 04:00
Yasuwe :

Umuvugabutumwa ukomeye washinze itorero rya Phaneroo Ministries International rikorera muri Uganda, Apôtre Grace Lubega, yahishuye urukundo akunda u Rwanda n’Abanyarwanda asaba abanyamadini kwicisha bugufi no gutanga inyigisho ziboneye.

Yabigarutseho mu giterane cyiswe ‘Rwanda Revival Conference’ cyamaze iminsi itatu mu Rwanda aho cyatangiye ku wa 14 Gashyantare 2025, gihuza abakristu bavuye hirya no hino mu Rwanda no hanze yarwo ndetse n’abayobozi b’amadini n’amatorero atandukanye.

Apôtre Grace Lubega yahishuye urukundo afitiye u Rwanda, yemeza ko amaze imyaka myinshi arusengera ndetse anashima Imana yongeye gutuma arugeramo.

Ati “Nishimiye kuba ndi hano, dukunda u Rwanda cyane, twasengeye iki gihugu imyaka myinshi kandi dushimira Imana ko yafunguye irembo ngo tuze muri iki gihugu. Ndashima umwami Yesu ko yampaye amahirwe yo kuba ndi aha, umugore n’abana bampaye intashyo.”

Yashimiye cyane Umuyobozi Mukuru wa Foursquare Church, Bishop Dr. Masengo Fidele, wakoresheje imbaraga nyinshi ngo icyo giterane kibeho.

Yasabye abayobozi b’amadini n’amatorero kurangwa n’urukundo ndetse no kwicisha bugufi umunsi ku wundi binyuze mu kwigira kuri yesu kristo, abasaba gutoza abo bayobora mu buryo bwiza kandi butanga umusaruro.

Ati “Nkunda kubwira abantu ko buri rubuto, ikibabi, ishami bituruka mu kubonera kw’imbuto yacyo. Iyo hari umuntu wavutse mu muryango ufite indwara runaka, n’abaganga baravuga ngo, birashoboka ko ufite iyo ndwara kubera ko ari uruhererakane rw’igisekuruza cyawe. Sogokuruza wawe yari ayifite na we ikakugeraho, atari uko utitwararika ahubwo kubera kubonera kw’imbuto. Kuko imbuto ibyara ibyayo.”

Yakomeje ati “Buri gihugu kigira amateka yacyo mu by’imyizerere. Ese amateka y’umwuka mu Rwanda afite imbuto nziza zifite ubushobozi bwo kubyara ibintu abakozi b’Imana mu Rwanda bizeye kubona? Cyangwa dutekereza ko kuko dusenga, twiyiriza ubusa n’ibi bintu abakirisitu bakora ko bihagije ngo bihindure kamere y’amateka.”

Yashimangiye ko imbuto ikwiye kubibwa ari ukwigisha ukuri kwa Yesu Kristo hagamijwe kuyobora abantu mu nzira nziza.

Ati “Imbuto mvuga hano ni kristo, ariko ni uwuhe kristo wakubwirijwe? Pawulo yaburiye itorero ko hari undi uri kuza akigisha indi mbuto itandukanye n’iyo twigishije kubera iyo mbuto mukakira undi mwuka cyangwa ubundi butumwa butandukanye n’ubwo mwakiriye. Bibiliya iravuga ngo muzamenya ukuri kandi uko kuri ni ko kuzababatura. Ikibazo ni niba icyo uzi ari ukuri kuki utabohotse?”

Apostle Grace Lubega ni umuyobozi ndetse ni na we wagize iwatangije Phaneroo Ministries International ifite icyicaro i Kampala.

Kuva muri 2014 abwiriza ubutumwa bwiza mu iteraniro ry’abantu barenze 50,000 buri wa Kane guhera 5PM - 8PM EAT (saa 3PM - 7PM ku isaha y’i Kigali), akanagira amateraniro abiri buri cyumweru. Apostle Grace Lubega agira inyigisho zishingiye ku ijambo no kugaragaza imbaraga z’Imana.

Manifest Fellowship igize igice cy’umurimo w’ivugabutumwa rya Phaneroo Ministries International. Binyuze muri Manifest Fellowship Rwanda, abantu benshi bagize ubumenyi bwimbitse bw’Imana, bacika ku ngeso mbi, ndetse bagashaka kugera ku bintu bikomeye mu buzima.

Uretse gusangira ijambo ry’Imana ku bantu bitabiriye icyo gitaramo, habayeho no gutaramirwa n’abahanzi nyarwanda bari mu bakunzwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana barimo Prosper Nkomezi, Patrick na Tracy n’abandi batandukanye.

Abakirisitu beretswe ko icyo umuntu abiba ari cyo asarura basabwa kwimakaza urukundo
Apôtre Grace Lubega yemeza ko abayobozi b'amadini n'amatorero mu Rwanda bakwiye kugira uruhare mu guhindura inyigisho zitangwa
Uwafashwaga yahitagamo uburyo bwo gukomeza gusabana n'Imana bitewe n'amarangamutima
Abigisha b'ijambo ry'Imana bahamagariye abantu guhinduka
Uyu we byamurenze ahitamo kurambarara hasi
Akanyamuneza kari kose ku barimo n'urubyiruko bitabiriye icyo giterane
Tracy ubwo yaririmbaga yishimiwe n'abakirisitu
Abakirisitu bo mu matorero atandukanye bari bacyitabiriye
Rene Patrick na Tracy mu bahanzi basusurukije abitabiriye iki giterane
Iki giterane kibaye ku nshuro ya kabiri
Ababyeyi bakuze bishimiye kongera gusabana n'Imana
Korali zinyuranye zasusurukije abitabiriye icyo gitaramo
Abari bitabiriye iki gitaramo bagaragaje ko banejejwe nacyo
Ni igiterane cyitabiriwe n'abantu benshi
Abitabiriye icyo giterane bakozwe ku mutima n'ijambo ry'Imana
Apôtre Grace Lubega yagaragaje urukundo akunda u Rwanda
Bishop Prof. Dr. Fidèle Masengo yashimiwe ku ruhare rwe mu gutegura iki giterane
Ubwo Bishop Prof. Dr. Fidèle Masengo yashimiraga abitabiriye iki giterane

Amafoto: Cyubahiro Aimable Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .