00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwami w’u Bwongereza yasuye Papa Francis wari umaze igihe arembye

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 10 April 2025 saa 09:29
Yasuwe :

Umwami Charles III w’u Bwongereza n’Umwamikazi Camilla bagiranye inama yihariye n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis i Vatican, aho yabifurije isabukuru nziza y’imyaka 20 bamaze bashyingiranywe.

Itangazo ryasohowe n’Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza, Buckingham, rivuga ko Umwami n’Umwamikazi bagiranye ibihe byiza na Papa Francis.

Riti “Bishimiye kwakirwa na Papa Francis ndetse no kugira amahirwe yo kwifurizwa isabukuru nawe.”

Uruzinduko rw’Umwami Charles III mu Butaliyani rugamije gusura Papa Francis rwatangajwe bwa mbere muri Gashyantare 2025, ariko ntirwakunda kubera uburwayi.

Ku wa 22 Gashyantare 2025, Vatican yatangaje ko Papa Francis ari mu bihe bikomeye nyuma y’indwara y’ubuhumekero yamufashe. Nyuma y’igihe ari mu bitaro yaje gukira, asubira mu rugo.

Umwami Charles III w’u Bwongereza n’Umwamikazi Camilla bishimiye kwakirwa na Papa Francis ku isabukuru y'imyaka 20 bamaze bashyingiranywe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .