00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe yashyizwe ku rwego mpuzamahanga

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 11 February 2025 saa 11:34
Yasuwe :

Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Dr. Ntivuguruzwa Baltazar, yatangaje ko Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe iherereye mu Karere ka Ruhango yashyizwe ku rwego mpuzamahanga.

Kwa Yezu Nyirimpuhwe ni ahantu hamenyekanye cyane kubera abahasengera bavuga ko bahakiriye indwara zitandukanye. Ubu habera amateraniro manini buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi.

Hateranira Abanyarwanda baturutse hirya no hino mu gihugu ndetse n’abanyamahanga. Hakira abarenga ibihumbi 80 baje kuhasengera baturutse impande n’impande ku Isi.

Iyi ni yo Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe yonyine ibarizwa mu Rwanda.

Musenyeri Dr. Ntivuguruzwa yavuze ko iyo ngoro ubu yamaze kongerwa ku rutonde rw’izindi Ngoro za Yezu Nyirimpuhwe ku Isi, hashingiwe ku bushakashatsi bwakozwe bwemeza ko yujuje ibyangombwa byo kuba yagera ku rwego rwizindi Ngoro mpuzamahanga.

Ati “Ntabwo ari icyemezo cya Kiliziya, ni amashyirahamwe y’Ingoro ku Isi yabonye ko yajya ku rutonde rw’izindi Ngoro za Yezu Nyirimpuhwe ku Isi.”

Kwa Yezu Nyirimpuhwe hahindutse Ingoro ku wa 27 Mata 2014, ubwo uwari Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege, uri mu kiruhuko cy’izabukuru, yahazamuye mu ntera ahakura ku rugo rwa Yezu Nyirimpuhwe rwari rwaragiyeho mu 1991 arugira Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe.

Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe yashyizwe ku rwego mpuzamahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .