Ubu butumwa bwa Papa Leo XIV bwagejejwe ku bitabiriye SIGNIS World Conference, inama mpuzamahanga y’abakora mu itangazamakuru rya Kiliziya iri kubera i Kigali.
Yagaragaje ko ari ngombwa ko ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga bishingira ku kuri no ku kubaha ubuzima n’agaciro ka buri muntu.
Ubu butumwa bwa Papa bwatanzwe n’Intumwa ye mu Rwanda, Musenyeri Arnaldo Catalan.
Papa yagejeje ku bitabiriye iyi nama indamukanyo ze, anagaragaza icyizere ko ibiganiro byabo bizatanga umusanzu mu gushaka uburyo itangazamakuru ryagira uruhare mu guteza imbere inyungu rusange z’ikiremwamuntu.
Papa Leo XIV yavuze ko muri iki gihe ikoranabuhanga n’imbuga za internet bigenda birushaho kugira uruhare rukomeye mu mibereho ya buri munsi, bityo ko uburyo bwo gutanga amakuru bukwiye gushingira ku mahame arengera umuntu n’umuryango mugari.
Yibukije ko itumanaho ryo kuri internet ritagomba gufatwa nk’uburyo bwo gukwirakwiza amakuru gusa, ahubwo ko rigira uruhare mu kubaka umuco no guhindura imyumvire y’abantu ku buryo babona Isi.
Mu butumwa bwe, Papa yasabye abitabiriye gushaka uburyo bufatika bwo guteza imbere itumanaho rikoresha ikoranabuhanga mu kubaka ubwumvikane hagati y’abantu no kurengera ibidukikije.
Papa Leo XIV yavuze ko gukoresha neza ikoranabuhanga mu itumanaho bishobora gufasha kubaka umuco urangwa n’ubumwe, amahoro ndetse no kwita ku bidukikije.
Yasabye abakora mu itangazamakuru gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa bifasha sosiyete, birinda ko ikoranabuhanga rikoreshwa mu buryo bubangamira agaciro ka muntu cyangwa bugateza amacakubiri.
Iyi nama ya SIGNIS World Conference ibereye i Kigali yahuje abakora mu itumanaho n’itangazamakuru rya Kiliziya baturutse mu bihugu bitandukanye, baganira ku buryo ikoranabuhanga ryakoreshwa mu guteza imbere umuco w’amahoro n’ubwumvikane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!