00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Francis yongeye kwamagana intambara anasaba ibihugu bikize gusonera imyenda ibikennye

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 2 January 2025 saa 05:38
Yasuwe :

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yongeye kwamagana intambara ziri kubera hirya no hino ku Isi, anasaba abayobozi b’ibihugu bikize gufasha ibihugu bikennye binyuze mu kugabanya cyangwa kubisonera amadeni bifite.

Ibi ni byo yagarutseho mu ijambo rye yagejeje ku mbaga y’abakirisitu yari yakoraniye muri Kiliziya ya St. Peter i Vatican, ku wa 1 Mutarama 2025, aho yavuze ko uyu mwaka uzabamo yubile yo gutanga imbabazi ndetse no kwiyunga n’Imana, igikorwa kiba nyuma y’imyaka 50, bityo rero ko abakirisitu bose bagomba kubishyira mu bikorwa.

Papa Francis yagize ati "Imana ni yo ibanza gutanga imbabazi z’imyenda, nk’uko tubisaba buri gihe mu isengesho rya Data wa Twese. Yubile idusaba gutanga imbabazi mu buryo bufatika kugira ngo ntihagire umuntu, umuryango cyangwa abaturage basunikirwa hasi n’umutwaro w’amadeni."

Yakomeje agira ati "Ndashishikariza abayobozi b’ibihugu bifite umuco wa gikirisitu gutanga urugero rwiza binyuze mu gusonera cyangwa kugabanya imyenda y’ibihugu bikennye."

Papa Francis yanagarutse ku gushimira byimazeyo abakorera mu duce twibasiwe n’intambara ku Isi, bagamije kunga abantu no guharanira ubutabera.

Ati "Ndashimira mu buryo bwimbitse buri wese, muri aya masangano y’intambara, wihatira kuganira no gushaka ubwumvikane. Reka dusenge dusaba ko imirwano yose ihagarara kandi dutekereze byimazeyo ku mahoro n’ubwiyunge, kuko intambara irasenya ntiyubaka."

Yakomeje avuga ko ibyiyumvo bye biri kumwe n’abatuye muri Ukraine, Gaza, Israel, Myanmar, Kivu ya Ruguru n’abandi batandukanye bari mu ntambara.

Papa Francis yasabye ibihugu bikize gusonera ibikennye imyenda bibibereyemo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .