Ku wa 22 Gashyantare 2025, Vatican yatangaje ko Papa Francis ari mu bihe bikomeye nyuma y’indwara y’ubuhumekero yamufashe, bikaba byatumye akeneye umwuka w’inyongera ku gipimo cyo hejuru.
Vatican yemeje ko Papa Francis, w’imyaka 88 arimo kumererwa nabi nyuma y’icyumweru amaze mu bitaro bya Gemelli i Roma.
Uburwayi bwa Papa Francis bwatewe n’umusonga wibasiye ibihaha byombi. Kuri ubu byasabye ko yongererwa n’amaraso.
Nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’abaganga bamwitaho, Papa Francis aracyari maso kandi afite ubushake bwo gukomeza gukora, ariko uburibwe afite buruta ubw’ejo hashize.
Abaganga bafite impungenge ko uburwayi bwe bushobora gukomera kurushaho.
Mu itangazo Vatican yashyize hanze, yavuze ko kuri iki Cyumweru Papa Francis atayobora isengesho rya Angelus, ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, bitewe n’ubuzima bwe butameze neza.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!