Uyu muhanzi watangiye kuririmba mu 2000 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Ukuboza 2025 cyateguzaga iki gitaramo agiye gukora. Yavuze ko bimwe mu byagiye bimunezeza ari uko ibihangano bye muri iyi myaka yose byagize ingaruka nziza ku bagiye babyumva.
Ati “Bitera umunezero mwinshi gusanga umuntu ari mu mubabaro mwinshi n’ubwihebe ukamukuramo. Ntako bisa! Uribaza kubwira umuntu ayo magambo wari wihebye hafi gupfa akava muri ubwo bwihebe? Bitera umunezero mwinshi kongerera intege umuntu wari wazicitse. Biranezeza gukura umuntu mu bintu bibi akajya mu byiza wifashishije indirimbo zihimbaza ndetse n’iyo usanze abantu bari kumva indirimbo zawe.”
Alexis Dusabe yavuze kandi ko azakora iki gitaramo amurikira abakunzi be album nshya yise “Amavuta y’Igiciro”.
Ati “Uretse kuririmba indirimbo zakunzwe mu myaka yo hambere tuzaba tumurika album nshya. Kizaba ari igitaramo kigari kandi kinini turifuza ko buri wese yaza akakibonekamo. Gukorera Imana ni ugukorera umuryango cyangwa se sosiyete Nyarwanda. Hari abubaka ibitekerezo mu ishuri ariko hari n’abubaka imitima. Kuba Imana yaraduhaye ndirimbo ni umurimo wayo. Nkunze kubivuga ko agakiza kubaka igihugu.”
Igitaramo cya Alex Dusabe kizaba ku Cyumweru tariki 14 Ukuboza 2025. Kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV), hazwi nka Camp Kigali.
Kugura itike bisaba kujya kuri http://umuyoboro.com , uyiguze agabanyirizwa 10% iyo yifashishije AirtelMoney.
Itike iri kugura 5.000 Frw, 10.000 Frw, 20.000 Frw, 25.000 Frw ndetse na 50.000 Frw. Ushaka kugura itike ukoresheje Airtel Rwanda ukanda *182*8*1*1*0738303695#.
Uretse Alexis Dusabe iki gitaramo kizaririmbamo abandi bahanzi barimo Bosco Nshuti ndetse na Pastor Lopez Nininahazwe wo mu Burundi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!