Ibi byavugiwe i Kigali mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura Igiterane kizwi nka Rwanda Shima Imana kizaba ku itariki 16 Kanama 2026.
Bitangajwe nyuma y’uko u Rwanda rwashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, nyuma y’uko byahitanye benshi abandi kizabangiza.
Ni inkundura imaze gufungirwa inganda zigera ku 150 zengaga ibitujuje ubuziranenge mu Rwanda, gukura ibinyobwa byazo ku isoko bikamenwa, ndetse no gukumira ibyatumizwaga mu mahanga biri muri uyu mujyo.
Umushumba Mukuru wa ADEPR, akaba n’Umuvugizi wayo, Pasiteri Ndayizeye Isaïe ati “Ubuzima bwiza bushoboka gusa ku muntu wafashe amahitamo neza. Mu butumwa tugira mu matorero harimo n’ibijyanye no gukangurira abantu kureka ibiyobyabwenge. Nishimiye iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bw’Igihugu cyacu cyo guhagarika inganda no guhagarika inzoga zazaga mu Rwanda zirimo kwangiza urubyiruko rwacu n’Abanyarwanda.”
Pasiteri Ndayizeye yavuze ko asanga iki cyemezo cyuzuzanya n’iri torero mu byo gufasha abantu kubaho mu buzima butarimo ibiyobyabwenge, kuko basanga umuntu wabyijanditsemo nta kindi yimarira.
Ati “Urebye umusore cyangwa umukobwa utanywa ibiyobyabwenge, utananywa urumogi, utanywa inzoga, cyangwa utari umusinzi, abasha gutekereza neza ku bikorwa bye. Agira icyerekezo n’amahitamo, kuko ibyo akoze byose abitekerezaho. Hari abatekereza ko iyo abantu banyoye ari bwo banezerwa bakishima ariko kwishima udafite ubwenge ntabwo waba wishimye. Ingaruka z’ibiyobyabwenge ni nyinshi cyane.”
Uyu mushumba yashimangiye ko ingaruka zo gufata ibintu nk’ibyo abantu bakabinywa ari mbi kandi ko itanga umukoro uhuriweho kugira ngo bibashe kurandurwa, anavuga ko iri torero risanga gukoresha ivugabutumwa na ryo ari indi nzira yo gufasha abantu kubatuka ku migirire mibi nk’iyo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!