Papa Francis yatoranyije abakaridinali 21 barimo Umunyafurika Ignace Bessi Dogbo wo muri Côte d’Ivoire na Azzedine Gharbi wo muri Algeria.
Benshi mu bakaridinali bashya ni abo mu bice bidakunze kuvamo abayobozi bakuru muri Kiliziya Gatolika nka Afurika, Amerika y’Amajyepfo na Aziya.
Dogbo Umunyafurika uri mu batoranyijwe, mu mbamutima ze yagaragaje ko, hari icyizere cy’uko hazaboneka umu Papa w’umunyafurika mu gihe kizaza, asaba Kiliziya gufungura amarembo kuri bose bakarwanya n’ivangura.
Abakaridinali batoranyijwe bari hagati y’imyaka 44 na 100, baturuka mu bwoko n’ibice bitandukanye by’Isi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!