00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abayisilamu mu Rwanda bagiye gutora Mufti mushya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 May 2024 saa 04:04
Yasuwe :

Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024 bazatora Mufti mushya, usimbura Sheikh Salim Hitimana wari uyoboye uwo muryango guhera mu 2016.

Ni amatora asimbura ayari ateganyijwe mu 2020 ariko agahurirana n’uko Isi yari mu bihe bya Covid-19.

Umujyanama wa Mufti, Sheikh Suleiman Mbarushimana, yabwiye New Times ko amatora yatangiriye ku rwego rw’imisigiti, akomereza ku rwego rw’akarere, urw’intara, hakaba hatahiwe ku rwego rw’igihugu.

Abatorewe ku rwego rw’intara nibo bitoramo Mufti, umwungirije ndetse na Komite Nshingwabikorwa.

Mu bandi bazatorwa harimo Inama Nkuru igizwe n’abamenyi b’idini 61 barimo abo mu turere twose tugize igihugu n’abahagarariye ibyiciro binyuranye.

Ibarura rusange ry’abaturage ryabaye mu 2022, ryagaragaje ko abayisilamu mu Rwanda bangana na 2% by’abaturage bose.

Mufti Sheikh Salim Hitimana agiye gusimburwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .