00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abayisilamu bagiye kwizihiza Ilayidi 2024

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 12 June 2024 saa 09:20
Yasuwe :

Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, Rwanda Muslim Community, bwatangaje ko abayisilamu bose bagiye kwizihiza umunsi mukuru w’Igitambo uzwi nka EID AL ADHA.

Uwo munsi uzaba ku cyumweru tariki ya 16 Kamena 2024.

Bwatangaje ko isengesho ry’uwo munsi ku rwego rw’igihugu rizabera kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo guhera saa kumi n’ebyiri z’igitondo.

Muri iryo tangazo kandi Rwanda Muslim Community, yibukije abayisilamu bose ko ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena ari umunsi wo gusiba uzwi nka Arafat usanzwe ubanziriza Umunsi mukuru w’Igitambo.

Mu bikorwa biranga Abayisilamu ku munsi w’Igitambo harimo n’iby’urukundo nko gufasha abatishoboye. Isengesho ryo kuri uwo munsi rigomba gukorwa kare mu gitondo izuba rikirasa kandi rigahuriza hamwe abantu benshi.

Eidil-Ad’ha yizihizwa hazirikanwa igihe Aburahamu yari agiye gutamba umwana we Ismail, Imana ikamushumbusha intama.

Uyu munsi uzwi ku zina rya Ilayidi, ubanzirizwa n’isengesho rikurikirwa n’igikorwa cyo kubaga amatungo atangwamo ibitambo, agahabwa abatishoboye.

Gutamba ni inkingi ya gatatu mu zigize ukwemera kwa Islam ndetse ku munsi wa Eid Al Adha.

Kwizihiza Ilayidi bizaba ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .