Uyu mukino wa kabiri wo mu Itsinda D muri iri irushanwa rikomeje kubera muri Tunisia, wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16 Nzeri 2026 muri Palais des Sports Elmenzah i Tunis.
U Rwanda rwawutangiye neza, rwegukana iseti ya mbere ku manota 25-22. RDC yahise yigaranzura abasore b’umutoza Frédéric Guérin, itsinda iseti ya kabiri ku manota 25-21, amakipe yombi ahita anganya iseti imwe kuri imwe.
Mu iseti ya gatatu, Abanyarwanda bongeye kwinjira mu mukino neza, bagaragaza imbaraga mu guhagarika serivisi z’Abanye-Congo no gutsinda, bayegukana ku manota 25-21.
Ikipe y’u Rwanda yakomeje kwitwara neza no mu iseti ya kane, ntiyemerera RDC kongera kuyigora. Yayitsinze ku manota 25-20, isoza umukino yegukanye intsinzi y’amaseti 3-1.
Iyi ntsinzi yabaye iya kabiri y’u Rwanda muri iri rushanwa, rushimangira amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho dore ko rwari rwatsinze Centrafrique amaseti 3-0 ku wa Kabiri.
U Rwanda ruzasubira mu kibuga ku wa Kane, ubwo ruzaba ruhanganye na Cameroun mu mukino usoza iyo mu Itsinda D.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!