00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Volleyball: U Rwanda rwatangiye Shampiyona Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 20 rutsindwa na Maroc

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 September 2025 saa 09:34
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball yatsinzwe na Maroc amaseti 3-2, mu mukino wa mbere wo mu Itsinda B rya Shampiyona Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 20 iri kubera mu Misiri.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Nzeri 2025, ni bwo ku kibuga cya Hassan Mostafa Hall kiri mu mujyi wa Cairo wo mu Misiri, hatangiye kubera iyi mikino ihuza amakipe y’ibihugu bitandukanye.

Umukino wa mbere w’u Rwanda rwari rwahuye na Maroc, runawutangira neza kuko rwatsinze iseti ya mbere ku manota 25-20, ariko Maroc iva inyuma yegukana iseti ya kabiri ku manota 25-16.

Ibi byafashije iki gihugu cyo mu Barabu kwitwara neza mu iseti ya gatatu iyitwara itsinze amanota 25-13. U Rwanda rwahise rugerageza kugaruka mu mukino rwihagararaho rwegukana iseti ya kane ku manota 25-21.

Byabaye ngombwa ko hakinwa iseti ya kamarampaka, yegukanwe na Maroc yatsinze amanota 15-11.

Umukino wa kabiri u Rwanda ruzahura na Cameroun, tariki ya 15 Nzeri, mu gihe uwa nyuma wo mu itsinda uzaruhuza na Kenya ku wa 17 Nzeri 2025.

U Rwanda rwatsinzwe na Maroc amaseti 3-2
U Rwanda rwari rwatangiye neza umukino rugwa ku iseti ya kabiri
U Rwanda ntirwahiriwe n'umukino wa mbere wa Shampiyona Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 20
Maroc yatsinze u Rwanda ku iseti ya kamarampaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages