00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Volleyball: Police VC na APR WVC zatangiye neza imikino ya nyuma ya Shampiyona

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 April 2026 saa 07:49
Yasuwe :

Ikipe ya Police VC mu bagabo na APR WVC mu bagore, zatangiye neza imikino ya nyuma ya kamarampaka za Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Volleyball, zitsinda Umukino wa Mbere muri itanu izagena amakipe atwara igikombe.

Imikino ya nyuma yatangiye gukinwa ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026, muri Petit Stade i Remera, nyuma yo gusoza icyiciro cy’imikino ya ½, aho amakipe yagikinnye yatanguranywe kubona intsinzi eshatu mu mikino itanu yashobokaga.

Police VC yatsindiwe ku mukino wa nyuma na APR mu mwaka w’imikino ushize, kuri iyi nshuro yitwaye neza itsinda umukino wa mbere wayihuje na REG VC ku maseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-23), mu gihe na APR WVC yatsinze Kepler WVC amaseti 3-0 (25-16, 25-20, 25-21), mu mikino yombi yarebwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

Police VC yubakiye umukino wayo mu kubuza Nicholas Matue gutsinda ndetse biza kuyihira ubwo yatsindaga iseti ya mbere ku manota 25-18, mu gihe kwinjizamo Madol Ayang Maker wafatanyaga Gisubizo Merci byatanze izindi mbaraga ku ruhande rwa REG yatsinzwe iseti ya kabiri ku manota 25-21.

Kuvunikisha Sam Engwau mu iseti ya gatatu, ku ruhande rwa REG VC, byatumye umunsi wayo uba mubi kurushaho, ndetse byahaye imbaraga Police VC yatsinze amanota 25-23 igatahana intsinzi ya mbere.

Mu mukino wari wabanje, APR WVC yatangiye neza imikino yayo mu bagore, itsinda Kepler WVC iri gukina imikino ya nyuma ku nshuro ya mbere amaseti 3-0 (25-16, 25-20, 25-21).

Mu makipe ahataniye umwanya wa gatatu, Kepler VC yatsinze Gisagara VC amaseti 3-1 (21-25, 25-17, 25-22, 25-15) mu bagabo naho Police WVC ifite igikombe giheruka, itsinda Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-15) mu bagore.

Imikino ya nyuma izakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026, hakinwa Umukino wa Kabiri ku makipe yose. Muri iki cyiciro, amakipe azatanguranwa intsinzi eshatu mu mikino itanu ishoboka.

Police VC na REG VC ni zo zihataniye Igikombe cya Shampiyona mu bagabo
Police VC yakomeje isezereye Gisagara VC
REG VC yasezereye Kepler VC muri 1/2
Imikino ya nyuma ya play-offs yatangiye ku wa Gatatu, REG itsindwa na Police VC
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire (iburyo), ari mu bitabiriye iyi mikino
Kepler WVC iri gukina umukino wa nyuma bwa mbere mu bagore, yatsinzwe na APR WVC mu bagore
Abakinnyi ba APR WVC bishimira intsinzi babonye kuri Kepler WVC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages