00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Volleyball: Minisitiri Mukazayire yatumye Igikombe cya Afurika Ikipe y’Igihugu

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 September 2026 saa 10:18
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yashyikirije ibendera ry’igihugu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagabo igiye kwitabira Igikombe cya Afurika cya Volleyball, abatuma kucyegukana.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri 2026, ni bwo abakinnyi, abatoza ndetse n’abazabaherekeza mu Gikombe cya Afurika bakiriwe kuri Minisiteri ya Siporo.

Mbere yo kubashyikiriza ibendera, Minisitiri Mukazayire yabanje kugenera ubutumwa bwihariye abagiye guhagrarira igihugu, abereka impamvu zo gutuma bahatana.

Ati “Keretse uramutse uri ikigwari cyangwa udashaka gukina, ariko ubundi uwo ukinnye na we akurusha ugira icyo umwigiraho, ukamenya icyo yakoze wowe utakoze kugira ngo ubutaha uzamurushe. Ikipe iyo ari yo yose ishobora kuba iya mbere."

“Tuba dufite ubushobozi bufite aho bugarukira, ariko hari ibyo abantu bagomba gukora kugira ngo bagere ku musaruro bakeneye. Icyo turagira ngo tukibasezeranye ko no muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hari ibyo turi gukora kugira ngo nyuma y’aya marushanwa twazafatanya kugira ngo ikipe y’igihugu irusheho kugira andi marushanwa.”

Yagaragaje ko iri rushanwa rikwiriye kuba intabwe mu iterambere ry’Ikipe y’Igihugu, ku buryo n’iyo batakwegukana irushanwa ariko bazaryegukana mu marushanwa azakurikiraho.

Ati “Ntabwo mu myaka ibiri dukwiriye kuba tutarafata ku Gikombe cya Afurika, si ko mubibona? Ni byiza kugira intego n’umuhate wo kugira aho tugera. Mujyane ubukotanyi n’ubunyarwanda.”

Minisitiri Mukazayire yabwiye abakinnyi ko nta rwitwazo ruhari, kuko n’irushanwa ryajyanywe muri Tunisia, aho kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kubera hariyo icyorezo cya Ebola.

Iri rushanwa ryari riteganyijwe kubera mu Mujyi wa Kinshasa kuva tariki ya 7 kugeza ku ya 21 Nzeri 2026, ariko ryahinduriwe amatariki rishyirwa hagati ya tariki ya 13 na 26 Nzeri 2026.

Abakinnyi 14 bagize Ikipe y’Igihugu ni Ntanteteri Crespin, Ndayisaba Sylvestre, Nkurunziza John, Kanamugire Prince, Shyaka Frank, Twagirayezu Emmy, Niyonshima Samuel, Mutabazi Yves, Kwizera Yves, Munyinya Mugisha, Dusenge Wyclif, Ntawiha Kenny, Rwigema Simon na Mugisha Jean Santere.

Ni mu gihe Umutoza ari Frédéric Guérin aho yungirijwe na Musoni Fred na Ntawangundi Dominique.

Ikipe y'u Rwanda igiye kujya mu Gikombe cya Afurika yashyikirijwe ibendera
Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu, Dusenge Wicklif, yijeje intsinzi Abanyarwanda
Minisitiri Mukazayire yasabye Ikipe y'Igihugu kugera ku mwanya wa mbere mu Gikombe cya Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages