Uyu mukinnyi ni umwe mu bafashije Ikipe ya Polisi y’Igihugu kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino, yegukana ibikombe bitandukanye nubwo icya shampiyona yakiburiye mu mikino ya nyuma yatsindiwemo na APR VC.
Uyu mukinnyi w’imyaka 24, yitezweho kongerera imbaraga Police, aho asanze abandi bakinnyi beza nka Elphas Makuto, Gideon Angiro na Brian Melly.
Iri rushanwa rihuza amakipe meza muri Afurika rigiye kuba ku nshuro ya 47, ikaba iya mbere rizaba ribereye munsi y’Ubutayu bwa Sahara.
Biteganijwe ko rizitabirwa n’amakipe 27, aho u Rwanda ruzahagararirwa na Police VC, APR VC na Kepler VC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!