Ni imikino y’agace ka gatandatu yakinywe mu mpera z’icyumweru, tariki ya 17 n’iya 18 Ukuboza, mu Karere ka Ruhango.
Mu bagore, APR WVC yatangiye gukoza imitwe y’intoku ku Gikombe cya Shampiyona nyuma yo gutsinda Forefront VC ku mukino wa nyuma amaseti 3-1 (18-25, 25-23, 25-16, 32-30) mu gihe RRA VC yatwaye umwanya wa gatatu itsinze Ruhango VC amaseti 3-0.
Ku rutonde rusange, aka gace karangiye APR WVC ikayoboye n’amanota arindwi, ku kigero kinini biyihesha kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Volleyball habura uduce tubiri kuko ForeFront iyikurikira ni yo yadutwara itakuramo ikinyuranyo kirimo hagati yayo na APR WVC mu gihe yaba yitabiriye.
Umutoza wa APR WVC, Siborurema Florien, yashimiye ubuyobozi bwababaye hafi kugira ngo babashe kugeza uyu munsi bizeye gutwara Igikombe cya Shampiyona.
Ati “Ni byo 100% igikombe twacyegukanye. Ndashima Imana n’ubuyobozi bw’ikipe kuko bwatubaye hafi budufasha kwegukana uduce dutandatu dukurikirana.”
Yakomeje avuga ko imikino isigaye igiye kumufasha kwitegura imikino mpuzamahanga.
Ati “Ikipe itwaye igikombe biyiha amahirwe yo kwitabira imikino mpuzamahanga, rero ngiye kuyikoresha mu kuyitegura.”
APR WVC niyegukana Igikombe cya Shampiyona, izaba ibikoze ku nshuro ya kabiri yikurikiranya dore ko n’umwaka ushize ari yo yacyegukanye.
Mu bagabo byari ibicika
Umunsi wo gutwariraho igikombe wigiye inyuma bitewe n’uko REG VC yari ifite amahirwe yo ku cyegukana yitwaye nabi cyane, Gisagara VC ikitwara neza.
Aka gace ka gatandatu kagiye gukinwa REG VC irusha amanota atatu Gisagara VC ndetse ikaba yari imaze uduce dutatu iyoboye kandi itsinda Gisagara VC bifatika.
Mu mikino ya ½, REG VC yatunguwe na APR VC yayitsinze byihuse amaseti 3-0 (23-25, 23-25, 22-25), ibintu byatumye idakina umukino wa nyuma ahubwo igahatanira umwanya wa gatatu.
Iyi kipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinze Ingufu na bwo ntiyahiriwe kuko yatsinzwe na Forefront amaseti 3-2 (19-25, 25-23, 22-25, 25-23, 15-10).
Ku rundi ruhande, icyo Gisagara VC yakoragaho cyabaga zahabu kuko mu mukino wa ½, yatsinze Forefront amaseti 3-1 (22-25, 25-20, 28-26, 25-22) naho ku mukino wa nyuma itsinda APR VC amaseti 3-0 (25-17, 26-24, 25-18).
Nyuma yo kunganya amanota na REG VC, umutoza wa Gisagara VC, Nyirimana Fidèle, yavuze ko abakinnyi be bagaragaje ko ari bakuru ndetse bazi Volleyball.
Ati “Ni umunsi wari ugoye cyane, twari ku gitutu gikomeye. Ni ubwa mbere mbonye abakinnyi bashaka igikombe. Nagerageje kumva ibyo bambwira dukorera hamwe, berekana ko ari abakinnyi bakuru ndetse bazi Volleyball.”
Nubwo yatsinzwe, REG VC iracyaboye urutonde rwa Shampiyona n’amanota 42 inganya na Gisagara VC ya kabiri. APR VC iri ku mwanya wa gatatu na 36, ikurikiwe na Forefront ya kane n’amanota 34.
Amategeko ateganya ko mu gihe amakipe anganya amanota, harebwa uko yatsindanye ku mikino yayahuje.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!