Iyi mikino yatangiye ku wa Kabiri w’iki cyumweru kuri Jabi Lake Park mu Mujyi wa Abuja muri Nigeria, yarangiye amakipe ya Maroc mu bagabo na Misiri mu bagore, ari yo yegukanye irushanwa.
Ku mukino wa nyuma mu bagabo, Abicha Mohammed na Elgraoui Zouheir bo muri Maroc batsinze ikipe y’u Rwanda yari igizwe na Akumuntu Kavalo Patrick na Ntagengwa Olivier amaseti 2-0 (21-15, 21-16).
Ikipe y’u Rwanda yagerageje gukina neza, ariko Maroc ifite abakinnyi bamaze kumenyera gukina aya marushanwa mpuzamahanga ikomeza kubarusha.
Umwanya wa gatatu muri iki cyiciro, wegukanwe na Mozambique yatsinze Sierra Leone amaseti 2-0 (21-17, 21-15).
Mu cyiciro cy’abagore, igikombe cyegukanwe na Misiri yatsinze Ibirwa bya Maurice amaseti 2-0 2-0 (21-15, 21-16) mu gihe ikipe y’u Rwanda igizwe na Nzayisenga Charlotte na Mukandayisenga Benita yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Nigeria yakiriye aya marushanwa amaseti 2-0 (21-18, 21-16).



















TANGA IGITEKEREZO