Ku wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026, ni bwo muri BK Arena habereye imikino ya ¼ yo gukomeza guhatanira iri rushanwa rihuza amakipe y’inkorokoro muri Volleyball ya Afurika riri gukinwa ku nshuro ya 47.
Umukino wabimburiye indi ni uwo REG VC yahuyemo na Kenya Ports Authority. Ni umukino utagoye iyi Kipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, kuko yatsinze KPA amaseti 3-1 (26-28, 18-25, 25-17, 26-28).
Nyuma y’uyu mukino, abakunzi ba Volleyball mu Rwanda bari bahanze amaso ikipe ikora amateka hagati ya Police VC na Kepler VC, igatera intambwe isanga REG VC muri 1/2.
Ni umukino wari ishiraniro kuko byabaye ngombwa ko hitabazwa seti ya kamarampaka, birangira Police VC itsinze Kepler VC amaseti 3-2 (25-27, 25-19, 24-26, 25-19, 15-9).
Bwa mbere mu mateka, u Rwanda ruzagira ikipe ku mukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ya Volleyball, nyuma y’uko amakipe aruhagarariye abiri ahuriye muri ½.
Bisobanuye ko ishobora gutwara igikombe cyangwa igasoreza ku mwanya wa kabiri.
Umwanya wa hafi ikipe yo mu Rwanda yagize ni uwa gatatu, ubwo Gisagara VC yitwaraga neza mu 2022, ikegukana umudali itsinze Port de Douala amaseti 3-1, mu irushanwa ryari ryabereye i Kelibia muri Tunisia.
Umutoza wa Police VC, Musoni Fred, na we yanditse amateka yo kuba uwa kabiri w’Umunyarwanda ugejeje ikipe muri ½ cya ‘CAVB Men’s Club Championship’, nyuma ya Fidel Nyirimana wabikoze mu 2011 na 2022.
Mu mukino wa gatatu wa ¼ cy’iri rushanwa riri kubera mu Rwanda bwa mbere, Petrojet SC yo mu Misiri yatsinze Port Autonome De Douala yo muri Cameroun amaseti 3-1 (23-25, 25-18, 14-25, 23-25).
Ikipe ya Petrojet yakuriye mu irushanwa nyuma yo gutangira idatanga icyizere yageze muri ½, aho izahurira na Al Ahly SC y’iwabo mu Misiri, yahageze itsinze Fath Union Sport yo muri Maroc.
Al Ahly SC iri mu makipe ahanzwe amaso muri iri rushanwa yatsinze biyoroheye FUS amaseti 3-0 (25-19, 25-15, 25-20).
Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, irakomeza kuri uyu wa Gatanu, hakinwa iya ½ aho REG ihura na Police VC Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba mu gihe Petrojet SC na Al Ahly SC zikina Saa Mbiri z’Ijoro. Imikino yombi irabera muri BK Arena.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!