Uyu mukino wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Kanama 2026, ubera mu Kigo cya RWABATT-1 kiri i M’poko mu Mujyi wa Bangui, warangiye Ingabo z’u Rwanda (RWABATT-2) zitsinze abandi Banyarwanda amaseti 3-0.
Nk’uko byanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za Minisiteri y’Ingabo, iki gikorwa cyitabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Centrafrique, Olivier Kayumba, ari kumwe na Perezida w’Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Centrafrique, Uwera Mignonne.
Hari kandi Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda ziri muri RWABAT-2, Abofisiye n’abasirikare bato, ndetse n’abagize Diaspora Nyarwanda muri Repubulika ya Centrafrique.
Minisiteri y’Ingabo yagize iti “Uretse kuba irushanwa, uyu mukino warushijeho gushimangira umubano mwiza hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’Abanyarwanda batuye muri CAR. Washimangiye ubumwe, gukorera hamwe, ubufatanye no gukunda igihugu, unatanga umwanya wo guhura no kugirana ubucuti.”
“Ibikorwa nk’ibi bishimangira umubano mwiza hagati y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye n’Abanyarwanda baba mu mahanga, bikanagaragaza indangagaciro dusangiye zirimo gukunda igihugu, ubumwe no gukorera igihugu.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!